
ibyaha by’ubwicanyi,ubusahuzi nibyo bigiye gutuma igihugu gisenyuka kandi Imana ntishobora kurebera ngo bigume bityo
mu gitambo cya Misa yasomewe Radio Maria kuri uyu wa gatanu Padiri Mukuru wa Ngozi Sadiki Kenemana, yaburiye Ubuyobozi bw’uBurundi ko busabwa guhindura imikorere bitaba ibyo ibyago bikazasohorera k’ubwo butegetsi.
Padiri Kenimana yagendeye k’ubuhanuzi bwa Nahumu wo muri Bibiliya aho Imana yasabye abatuye umujyi wa Ninive guhinduka barabyanga nyuma Imana iza kurimbura uwo mujyi.
Padiri Kenimana avuga ko ibyaha byuzuye mu Burundi bidatandukanye nibyakorerwaga i Ninive,yagize ati:ntagahora gahanze muri iki gihugu usanga abantu biciwe mu mashyamba,abanda bakanyuruzwa,ubusahuzi bw’umutugo buranganje,ihohoterwa ndetse no kudaha abaturage ubwigenge ibyo byose byuzuye muri iki gihugu.
Ati:ubujura kumena amaraso,gushyira abantu mu bwihebe ibyo byose bizashyira kuko nta gahora gahanze.
Padiri Sadiki akaba asaba abarundi kwihangana kuko igihe kigeze ayo makuba agahagarara,ibi bije mu gihe nta joro ryirenga abantu badashimuswe ng’abandi bicwe mu gihugu cy’uBurundi,aho abantu banyagwa abanda bagahohoterwa n’imbonerakure urubyiruko rukoreshwa n’Ishyaka riri k’ubutegetsi NCDD FDD.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw