
Mu gihe hashize igihe gito Ishyaka Labour riyobowe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, ryongeye kugera ku butegetsi, ubu Londre yongeye kuzamo umwuka wa politiki utavugwaho rumwe.
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bikomeye byo mu Bwongereza aravuga ko Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Starmer ari guhangana n’igitutu gikomeye imbere mu ishyaka rye, ndetse bamwe mu badepite ba Labour bakaba baratangiye gusaba ko ava ku buyobozi.
Ibi bibaye nyuma y’amezi menshi abaturage bagaragaza kutishimira uburyo guverinoma ye iri gukemura ibibazo birimo ubukungu, imibereho ihenze ndetse n’ikibazo cy’abimukira gikomeje kuba ingorabahizi.
Abasesenguzi bamwe bavuga ko kimwe mu byashyize Starmer mu kaga ari icyemezo yafashe cyo guhagarika gahunda yari yarashyizweho n’abamubanjirije yo kohereza bamwe mu basaba ubuhungiro mu Rwanda. Icyo gihe yavuze ko iyo gahunda itari gutanga ibisubizo birambye, ariko abatavuga rumwe na we bavuga ko kuva yayihagarika ikibazo cy’abimukira cyakomeje gukaza umurego.
Nubwo nta kimenyetso gifatika kigaragaza ko gahunda y’u Rwanda ari yo nyirabayazana mukuru w’ibibazo Starmer ari guhura na byo, ntawabura kubona ko icyo cyemezo gikomeje kuvugwa cyane mu mpaka za politiki ziri kubera mu Bwongereza.
Kugeza ubu, ibiro bya Minisitiri w’Intebe ntibiratangaza ko Keir Starmer yeguye cyangwa ko afite gahunda yo kubikora vuba. Gusa amakuru akomeje gucicikana agaragaza ko igitutu cya politiki kiri kwiyongera umunsi ku wundi, ibintu bituma benshi bibaza niba ashobora gukomeza kuyobora igihugu igihe kirekire.
Ese Keir Starmer azabasha guhangana n’iki gitutu no kugumana ubutegetsi, cyangwa Londre iri kwitegura kubona undi Muyobozi wa Guverinoma mu gihe cya vuba? Ni ikibazo kiri kwibazwa n’abatari bake muri iki gihe.