Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Pacifique Kabanda, yashimangiye ko intsinzi y’ibikorwa bya USALAMA idakwiye gupimirwa gusa ku mubare w’abafashwe cyangwa uw’ibyafatiriwe, ahubwo ko igomba gushingira ku bufatanye burambye bwubatswe hagati y’ibihugu, iperereza rihuriweho, ibikorwa bihujwe neza, ndetse no ku kwiyemeza guhesha abaturage umutekano usesuye no gucunga neza imipaka.
Yabitangaje kuri uyu wa Mbere, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama Ngarukamwaka ya Usalama XII, yahurije hamwe abayobozi n’inzobere mu mutekano baturutse mu bihugu bigize EAPCCO (Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organisation) n’uwa SARPCCO (Southern African Regional Police Chiefs Cooperation Organisation).
USALAMA yashyizweho mu rwego rwo gukemura ibibazo by’umutekano byari bikomeje kugaragara mu karere, aho ibihugu byari bihanganye n’ibibazo birimo imitwe yitwaje intwaro, ubucuruzi butemewe bw’intwaro n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byambukiranya imipaka.
Yashingiye ku gitekerezo cy’uko umutekano udashobora kuboneka hakoreshejwe imbaraga z’igihugu kimwe gusa, ahubwo ko usaba ubufatanye hagati y’inzego z’umutekano, abaturage n’ibihugu by’ibituranyi.
Rwandatribune.rw