Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Rwanda FDA Yafunze Izindi Nganda 101, Inzoga zakozwe N’Impushya Zabyo Ziteshwa Agaciroa
AMAKURUAMATANGAZO

Rwanda FDA Yafunze Izindi Nganda 101, Inzoga zakozwe N’Impushya Zabyo Ziteshwa Agaciroa

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 3, 2026 9:55 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyahagaritse ibikorwa by’izindi nganda 101 zikora ibinyobwa bisembuye, ndetse gitesha agaciro impushya zari zarahawe zo gukora ibyo binyobwa.

Mu itangazo cyasohoye ku wa 3 Kanama 2026, Rwanda FDA yategetse ko ibinyobwa byose byakozwe n’izi nganda bihita bikurwa ku isoko, ndetse n’ibyapa byose byamamaza ibikorwa byazo bigakurwaho mu gihugu hose.

Rwanda FDA yavuze ko ba nyiri izi nganda bagomba guhita basaba abakwirakwiza ibinyobwa byazo kubikusanya aho biri, kubikura ku bacuruzi babiguze no kubisubiza aho byakorewe cyangwa ku babibatanze.

Iki kigo cyategetse ko raporo y’uko ibi bikorwa byo gukusanya ibinyobwa byakozwe igomba gushyikirizwa Rwanda FDA mu gihe kitarenze iminsi itatu y’akazi uhereye ku itariki iri tangazo ryasohoreweho.

Abacuruzi n’abakwirakwiza ibi binyobwa na bo basabwe guhita bahagarika kubigurisha no kubikwirakwiza, bagasubiza ibinyobwa bisigaye ku babihaye.

Rwanda FDA yaburiye ko kutubahiriza aya mabwiriza bizatuma hafatwa izindi ngamba ziteganywa n’amategeko n’amabwiriza agenga uru rwego.

Iki kigo kandi cyasabye abaturage guhagarika kunywa ibinyobwa biri kuri uru rutonde, kinavuga ko urutonde rw’izindi nganda zishobora gufatirwa ingamba ruzakomeza gutangazwa uko igenzura rikomeje.

Rwanda FDA yasobanuye ko n’ibindi binyobwa bisembuye bitari kuri uru rutonde ariko byakozwe n’inganda zahagaritswe na byo bigomba gukurwa ku isoko.

Iri genzura kandi ryatumye hatangwa amabwiriza yo gukuraho ibyapa byose byamamaza ibinyobwa bisembuye by’ibigo byahagaritswe, aho byaba biri hose mu gihugu.

Iki cyemezo gikurikiye ikindi Rwanda FDA yafashe ku wa 2 Kanama 2026, ubwo yahagarikaga inganda umunani zikora ibinyobwa bisembuye, zirimo Ingufu Gin Ltd na NBG Ltd.

Ibi bikorwa biri muri gahunda yo kurwanya ibinyobwa bisembuye bitujuje ibisabwa, nyuma y’uko byagaragajwe ko byagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage.

Mu mezi arindwi ashize, byatangajwe ko abantu bagera kuri 50 bapfuye, mu gihe abandi barenga 100 bagize ibibazo bikomeye birimo no kutabona.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Inzoga z’Uburozi Zahitanye 50 Mu Mezi Atandatu, Leta Izifata Nk’Icyorezo”
Next Article Senateri Evode Ati Ntibyumvikana, Imyaka 10 Abantu Bakora Amarozi?
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURU

Ibigo bya RSB,FDA,RICA na MINISANTE byarihe kugirango havuke inganda zirenga 150 zenga inzoga zica Abaturage?

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGA

Uruhinja Rwitabiriye Inama y’Abaminisitiri ba EU, Bitangaza Benshi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Umutwe: Sena ya Amerika Yagerageje Kugabanya Ububasha bwa Trump ku Ntambara ya Iran

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUUMUTEKANO

Abasenateri ba Amerika Basabye Washington Kongera Imbaraga Mu Gushakira Amahoro RDC n’u Rwanda

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?