NCBA Bank Rwanda yatangaje ko imaze gutera inkunga iyagurwa ry’imodoka zirenga 100 zikoresha amashanyarazi (Electric Vehicles – EVs), binyuze mu bufatanye ifitanye na Longtai Group.
Ni intambwe ikomeye igaragaza ko Abanyarwanda n’ibigo bitandukanye bakomeje kwakira ubwikorezi bukoresha ingufu zisukuye kandi burengera ibidukikije.
Uyu muhigo wizihijwe ku wa 2 Nyakanga 2026, ubwo imodoka nshya 15 z’amashanyarazi zashyikirizwaga ba nyirazo, bituma umubare w’izamaze guterwa inkunga na NCBA urenga 100.
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri NCBA Bank Rwanda, Samuel Nkubito, yavuze ko iyi gahunda iri mu murongo wa banki wo guteza imbere ishoramari rirambye no gushyigikira ibikorwa bibungabunga ibidukikije.
Yagize ati: “Imodoka z’amashanyarazi zirimo guhindura uburyo abantu batekereza ku ngendo.
Uretse kurengera ibidukikije, zigabanya cyane amafaranga yo kuzikoresha, bigatuma abakiliya bazigama amafaranga kandi bakayashora mu bindi bikorwa bibateza imbere.”
NCBA itanga inguzanyo zorohereza abakiliya kugura izi modoka, zikishyurwa mu gihe kigera ku myaka itanu.
Izi nguzanyo ziherekezwa n’ubwishingizi bwuzuye ndetse na warranty y’imyaka itanu, bikagabanya umutwaro wo kwishyura amafaranga menshi icyarimwe.
Bamwe mu bamaze kungukirwa n’iyi gahunda bavuga ko yabafashije kugabanya cyane amafaranga bakoreshaga kuri lisansi no gusana imodoka.
Olivier Kamali, umwe mu bakiliya ba NCBA, yavuze ko nyuma yo kugura imodoka ye ya kabiri ikoresha amashanyarazi, amafaranga yakoreshaga mu bwikorezi yagabanutse ku buryo bimufasha kwishyura inguzanyo neza, kwita ku muryango we no kongera ishoramari mu bucuruzi bwe.
Ku ruhande rwa Longtai Group, ubuyobozi bwatangaje ko bwamaze gushyiraho ikigo cyihariye cyo gusana imodoka z’amashanyarazi, bubika ibikoresho by’umwimerere ndetse bunahugura abatekinisiye babizobereyemo, kugira ngo abakiliya bahabwe serivisi zihuse kandi zizewe.
Iyi gahunda ije mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere ubwikorezi bukoresha ingufu zisukuye no kugabanya imyuka ihumanya ikirere.
Ubufatanye hagati y’inzego z’imari n’abacuruza imodoka z’amashanyarazi bukomeje gufatwa nk’umusingi ukomeye uzafasha abaturage n’abashoramari kwimukira ku buryo bwo gutwara abantu n’ibintu burambye kandi butangiza ibidukikije.
Rwandatribune.rw