Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) wasabye abaturage bo muri Ituri n’ahandi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira uruhare rufatika mu kurwanya Ebola, mu gihe icyorezo gikomeje gukwirakwira kandi Ituri ikaba ari yo ntandaro yacyo.
OMS na Africa CDC basabye ko ibikorwa byo guhangana na Ebola bitashingira gusa ku bakozi b’ubuzima, ahubwo ko abaturage ubwabo bagomba kugira uruhare mu gutahura abarwaye hakiri kare, gutanga amakuru no gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara.
Abaturage basabwe kuba igice cy’igisubizo
OMS ivuga ko uruhare rw’abaturage ari ingenzi cyane mu gihe cy’icyorezo, kuko ari bo baba hafi y’abantu bashobora kuba bafite ibimenyetso cyangwa ababa barahuye n’abanduye.
Abaturage basabwa gutanga amakuru ku gihe ku bantu bakekwaho Ebola, kugira ngo bashobore kugera ku bigo by’ubuvuzi hakiri kare kandi abantu bashobora kuba barahuye na bo bakurikiranwe.
OMS ivuga ko hari intambwe imaze guterwa mu bijyanye no kwakira ibikorwa byo kurwanya Ebola. Mu bice bimwe, abaturage batangiye gutanga amakuru vuba no kohereza abarwaye ku bigo bivura Ebola.
Ituri ni yo ntara yibasiwe cyane n’iki cyorezo. Kugeza ku makuru aheruka, RDC yari imaze kwemeza 4,381 banduye Ebola, mu gihe 2,011 bari bamaze gupfa, umubare ugaragaza ubukana bw’iki cyorezo.
Ituri yonyine ni yo ifite igice kinini cyane cy’abanduye n’abapfuye.
Icyorezo cyatewe n’ubwoko bwa Bundibugyo bw’virusi ya Ebola, bwatangajwe muri Gicurasi 2026 nyuma y’uko abarwayi bagaragaye mu bice birimo Bunia, Rwampara na Mongbwalu.
Ibihuha n’amakuru atari yo na byo ni ikibazo
OMS yashimangiye ko amakuru yizewe ari ingenzi mu guhangana n’icyorezo. Mu gihe abantu bafite amakuru yizewe, biraborohera kumenya ibimenyetso bya Ebola, kumenya aho bajya gushaka ubufasha no kwirinda ibikorwa bishobora gutuma indwara ikwirakwira.
Abafatanyabikorwa mu bikorwa byo kurwanya Ebola na bo bakomeje gukorana n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abayobozi b’imiryango kugira ngo abaturage bahabwe amakuru kandi babigiremo uruhare.
Umutekano na wo ukomeje kuba imbogamizi
Ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Ituri bikorerwa ahantu hakomeje kugaragara ibibazo by’umutekano muke, bikaba bishobora gutuma abakozi b’ubuzima batagera ku baturage bose.
Ikindi kibazo ni uko hari abaturage bamwe bashobora kugorwa no kubona serivisi z’ubuzima cyangwa gutinda gutanga amakuru ku barwaye.
OMS n’abafatanyabikorwa bayo basanga gukorana n’abaturage ari ingenzi kugira ngo ibyo bibazo bigabanuke, cyane cyane mu bice bigoye kugeramo.
OMS: Kurwanya Ebola si inshingano z’abaganga gusa
Ubutumwa bukomeye OMS ikomeje gutanga ni uko kurwanya Ebola atari inshingano z’abaganga n’abakozi b’ubuzima gusa.
Abaturage bafite uruhare mu gutahura abarwayi hakiri kare, gutanga amakuru, gukurikiza amabwiriza y’inzego z’ubuzima no kurwanya ibihuha n’amakuru y’ibinyoma.
OMS na Africa CDC basabye ko ibikorwa byo kurwanya Ebola birushaho kuba ibikorwa biyobowe n’abaturage, kuko ubufatanye bwabo bushobora gufasha kugabanya ubwandu no kurokora ubuzima bw’abantu benshi.
Rwandatribune.rw