Inama y’Abepiskopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko itemeranya na Leta ku mugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga, ivuga ko atari cyo gihugu gikeneye muri iki gihe.
Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yamaze iminsi itatu, yasojwe hasohorwa itangazo rinenga gahunda ishyigikiwe na Perezida Félix Tshisekedi yo guhindura Itegeko Nshinga.
Abepiskopi bagaragaje ko RDC iri mu bibazo bikomeye birimo umutekano muke n’intambara zikomeje mu burasirazuba bw’igihugu, ibyorezo bitandukanye ndetse n’ubukene bukomeje kwibasira abaturage.
Iyi nama idasanzwe y’Inama y’Abepiskopi Gatolika ba RDC (CENCO) yabereye i Kinshasa mu murwa mukuru w’igihugu, kuva ku wa 18 kugeza ku wa 20 Kamena 2026.
Bavuga ko muri ibi bihe, guhindura Itegeko Nshinga bidakwiye gushyirwa mu byihutirwa bya Leta.
Muri iryo tangazo, basabye ubuyobozi bw’igihugu gushyira imbaraga mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije abaturage, birimo imibereho mibi, umutekano n’iterambere ry’ubukungu, aho kwibanda ku mavugurura y’amategeko atabaye ngombwa muri iki gihe.
Ibi bitekerezo by’Abepiskopi bishobora kongera impaka zisanzwe ziri hagati y’abashyigikiye n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku hazaza h’imiyoborere n’impinduka z’amategeko muri RDC.
rwandatribune.rw