
Amakuru yashyizwe ahagaragara avuga ko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yari muruzinduko yagiriye mu Burundi , yabwiye Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye ko Uburusiya bufite amakuru yemeza ko ubutegetsi bwa Ukraine bushobora kuba bufite imikoranire na M23.
Gusa uruhande rwa Ukraine n’umutwe wa AFC/M23 ntacyo baratangazwa ku byavuzwe na Lavrov ,abasesenguzi mu bya politiki nabo bavuga kugeza kugeza ubu, nta kimenyetso simusiga cyerekana ubufatanye bwa Ukraine na M23.
Abasesenguzi bavuga ko k’umurongo w’urugamba hadutse isura nshya aho umutwe wa M23 waba uri gukoreshya indege nto za drone mu guhashya FARDC na Wazelendo mu bice bigize Teritwari ya Itombwe na Fizi,
aha twavuga itangazo riherutse gushyirwa hanze na FARDC aho ryemezaga ko ibitero bya drone byibasiye umujyi wa Fizi bikica abaturage benshi,aha rero bikavugwa utwo tudege tutabonywa na Radar twaba twakuwe muri Ukraine.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw