Friday, 3 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe
James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba
Vatican: Some Priests Excommunicated Over Rebellion Against the Pope
Vatican: Bamwe Mu Bapadiri Birukanwe Kubera Kwigomeka Kuri Papa
Drones Zigiye Guca Akajagari Ko Gutwika Imyanda Mu Rwanda
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > Uncategorized > Haribazwa impamvu Kinshasa ishaka intsinzi ya gisirikare kuruta Ibiganiro?
Uncategorized

Haribazwa impamvu Kinshasa ishaka intsinzi ya gisirikare kuruta Ibiganiro?

ALLY Ally
Last updated: June 21, 2026 8:09 pm
ALLY Ally
Share
SHARE

kugira ngo AFC/M23 ibashe kugira ijambo rikomeye ku rwego mpuzamahanga no mu biganiro bya politiki, byasaba ko yagira ububasha kuri Katanga na Tchopo:Abasesenguzi

Amagambo aherutse kuvugwa na Perezida Félix Tshisekedi yongeye gukurura impaka ku cyerekezo igihugu cye gifite muri uwo mwuka w’amahoro muri Congo Kinshasa

Mu gihe ibiganiro by’amahoro biyobowe na Qatar i Doha ndetse n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikomeje gushakirwa umuti amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amagambo aherutse kuvugwa na Perezida Félix Tshisekedi yongeye gukurura impaka ku cyerekezo igihugu cye gifite muri uwo mwuka w’amahoro.

Ku wa 17 Kamena 2026, ubwo yavuganaga n’Abanye-Congo baba muri Houston muri Texas nyuma y’umukino ikipe y’igihugu ya RDC yanganyijemo na Portugal igitego 1-1 mu gikombe cy’isi, Perezida Tshisekedi yavuze ko ingabo za Congo zikomeje gutsinda ku rugamba kandi ko imijyi ya Goma na Bukavu izongera kugenzurwa na leta mu gihe cya vuba.

Aya magambo yatumye bamwe mu basesenguzi bibaza niba ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gushyira imbere inzira ya gisirikare kurusha ibiganiro bya politiki biri gukorwa hagati ya leta n’umutwe wa AFC/M23.

Kwicinya icyara byaba biterwa n’ubufatanye buri hagati ya Kinshasa na Washingiton?

Abasesenguzi bamwe bavuga ko icyizere cya Kinshasa gishingiye no ku mubano wayo n’ibihugu by’iburengerazuba, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zifite inyungu mu mabuye y’agaciro ya RDC arimo cobalt, coltan n’umuringa akenerwa cyane mu ikoranabuhanga n’inganda z’ingufu zisubira.

Mu myaka ishize, Washington yakomeje gushimangira ubufatanye na Kinshasa mu rwego rwo gushimangira imiyoboro y’ibikoresho by’ingenzi ku isoko mpuzamahanga. Hari abasesenguzi bavuga ko uwo mubano ushobora guha leta ya RDC imbaraga za dipolomasi no kuyongerera icyizere mu biganiro biri kuba.

Ku rundi ruhande ariko, abandi bavuga ko inyungu z’ubukungu z’amahanga muri RDC zidakuraho akamaro k’ibiganiro bya politiki, kandi ko amahanga akomeje gusaba impande zose gukemura amakimbirane binyuze mu nzira y’amahoro.

AFC/M23 ntiyaba yaragonze urukuta mu kibazo cy’ubusumbane mu biganiro,ikaba yaranikiwe no muri Diplomasi ?

Ku ruhande rwa AFC/M23, abayobozi bayo bakunze kuvuga ko ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC kidashobora gukemurwa n’intambara gusa, ahubwo gisaba ibiganiro bya politiki birimo gukemura ibibazo bavuga ko bimaze imyaka myinshi bititabwaho.

Uyu mutwe ukomeje kugenzura ibice bimwe byo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, ariko leta ya Kinshasa ikavuga ko intego yayo ari ukubisubirana byose.

Abasesenguzi bamwe bavuga ko AFC/M23 ikiri mu kibazo cy’ubusumbane bwa dipolomasi n’ubukungu. Bavuga ko nubwo igenzura ibice bimwe byo mu burasirazuba bw’igihugu, leta ya Kinshasa igifite ububasha ku bice byinshi byinjiriza igihugu amafaranga menshi ndetse bikaba ari byo bifatiro by’ubufatanye mpuzamahanga.

Kuri abo basesenguzi, kugira ngo AFC/M23 ibashe kugira ijambo rikomeye ku rwego mpuzamahanga no mu biganiro bya politiki, byasaba ko yagira ububasha cyangwa nibura ijambo ku bice bifite akamaro gakomeye mu bukungu nk’Intara ya Katanga ikungahaye kuri cuivre na cobalt, Maniema ifite umutungo kamere mwinshi ndetse na Kisangani ifatwa nk’ihuriro rikomeye ry’ubwikorezi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Bavuga ko kugera kuri bene ibyo bice byahindura uburyo amahanga n’abahuza babona uwo mutwe mu biganiro. Ariko hari abandi baburira ko kwagura intambara muri utwo duce byakurura umutekano muke urushijeho, bikongera umubare w’abahunga ndetse bikabangamira ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Ese amahoro cyangwa intambara ni byo bizatanga igisubizo?

Mu isesengura ryatanzwe n’abakurikirana amakimbirane yo muri aka karere, hari abavuga ko kuba leta igenzura ibice byinshi by’ubukungu bw’igihugu biyongerera ubushobozi mu biganiro.

Abandi bo bavuga ko impande zombi zidashobora kugera ku ntsinzi ya gisirikare irambye, bityo ko ibiganiro ari byo byonyine bishobora gutanga umuti urambye ku bibazo bimaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC.

Icyo amahanga asaba

Imiryango mpuzamahanga irimo Umuryango w’Abibumbye, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’ibihugu bitandukanye bikomeje gusaba impande zose guhagarika imirwano no gukomeza inzira y’ibiganiro.

Abasesenguzi benshi bahuriza ku kuba amahoro arambye muri RDC atazashingira gusa ku ntsinzi ya gisirikare cyangwa ku gitutu cya dipolomasi, ahubwo azaterwa n’ubushake bwa politiki bw’impande zose bwo kuganira no gushaka ibisubizo byemerwa na buri ruhande.

Mu gihe ibiganiro bikomeje, ijisho ry’abaturage bo mu burasirazuba bwa RDC n’iry’umuryango mpuzamahanga rikomeje kureba niba amagambo akomeye ava ku mpande zose azahinduka ibikorwa byo gukomeza intambara cyangwa niba azasimburwa n’intambwe zigana ku mahoro arambye.

Mwizerwa Ally

Rwandatribune

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ubwongereza:mu mvururu za Politiki: Keir Starmer Ari ku muryango wo Kwegura
Next Article Kinshasa:Tshisekedi Yakiriye Ndayishimiye mu Biganiro by’Umutekano
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Ubwongereza:mu mvururu za Politiki: Keir Starmer Ari ku muryango wo Kwegura

By
ALLY Ally
Uncategorized

RNC Yirukanye Abayobozi Batatu Bakuru, Ivuga ko Batannye ku Mahame y’Ishyaka

By
ICYITEGETSE Florentine

Katumbi Ashyigikiye Amasezerano ya RDC na Amerika

By
ICYITEGETSE Florentine

Congo-Kinshasa:yareze u Rwanda mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ)

By
ALLY Ally
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?