Amasezerano n’ibiganiro biri hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bikomeje guteza impaka n’impungenge zikomeye muri Israel, aho abayobozi batandukanye n’abaturage benshi bavuga ko bishobora kugira ingaruka ku mutekano w’igihugu cyabo ndetse no ku miterere y’umutekano mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bushyize imbere inzira y’ibiganiro n’ubwumvikane kugira ngo hagabanuke umwuka mubi umaze imyaka hagati ya Washington na Tehran.
Gusa muri Israel, benshi babona iyo nzira nk’ishobora guha Iran amahirwe yo gukomeza kongera ijambo n’influence yayo mu karere.
Kimwe mu bikomeje guteza impungenge ni uruhare rwa Iran mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irimo Hezbollah ikorera muri Lebanon.
Hari abemeza ko amasezerano mashya ashobora kugabanya igitutu mpuzamahanga cyari gisanzwe gishyirwa kuri Tehran, bityo bikayiha uburyo bwo gukomeza gushyigikira abo bafatanyabikorwa bayo.
Hari kandi impaka ku ngingo zirebana no guhagarika imirwano n’umutekano wa Lebanon.
Bamwe mu bayobozi ba Israel bavuga ko ibyo bishobora kugabanya ubushobozi bw’ingabo za Israel bwo gukora ibikorwa byo gukumira ibitero cyangwa ibikorwa by’imitwe ifatwa nk’ibangamiye umutekano wayo.
Mu gihe Perezida Trump akomeje kugaragaza aya masezerano nk’intambwe ikomeye ishobora gutanga umusanzu mu kugarura amahoro n’ituze mu karere, abatari bake muri Israel bo bavuga ko ashobora guha Iran igihe cyo kwisuganya no kongera imbaraga zayo za gisirikare n’iza politiki.
Uku kutumvikana ku cyerekezo cyo guhangana na Iran gukomeje guteza impaka hagati ya Washington na Tel Aviv, ndetse bamwe mu basesenguzi bakavuga ko iki kibazo kiri mu bikomeye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ari guhangana na byo muri iki gihe.
rwandatribune.rw