Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yarangije ijoro rya munani rikurikiranye igaba ibitero ku butaka bwa Iran, nyuma y’uko yari yatangaje ko abasirikare babiri b’Abanyamerika baguye mu gitero cya Iran cyagabwe ku ngabo za Amerika ziri muri Jordanie, mu gihe undi musirikare umwe agishakishwa.
Ibi bitero bishya bibaye mu gihe umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran ukomeje gukaza umurego, nyuma y’uko amasezerano y’agahenge yari yasinywe ukwezi gushize asenyutse mu cyumweru gishize.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora kongera gushyira ibihugu byombi mu ntambara yeruye.
Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (U.S. Central Command) bwatangaje ko ibi bitero byatangiye saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’i Washington (2200 GMT) ku wa Gatandatu, bikozwe ku mabwiriza ya Perezida Donald Trump.
Mu itangazo ryabwo, bwavuze ko ibi bitero bigamije gukomeza kugabanya ubushobozi bwa Iran bwo guhungabanya ibikorwa by’ubucuruzi bwo mu nyanja ya Hormuz, ndetse no guhana byihuse Ingabo z’Abazamu b’Impinduramatwara ya Kisilamu (Islamic Revolutionary Guard Corps – IRGC), zishinjwa kugaba igitero cyahitanye abasirikare ba Amerika muri Jordanie mu ijoro ryabanje.
Nyuma, U.S. Central Command yatangaje ko ibyo bitero byarangiye, kandi ko byibasiye ibikorwaremezo bya gisirikare bya Iran birimo ibigo bikurikirana ibikorwa byo ku nkombe z’inyanja n’ubwirinzi bwo mu kirere.
Ku ruhande rwa Iran, Ibiro Ntaramakuru Mehr byatangaje ko Amerika yagabye igitero hafi y’umujyi wa Sirik mu majyepfo y’igihugu, ariko ko nta muntu wahasize ubuzima cyangwa ngo hagire ibikorwaremezo byangirika.
Ibiro Ntaramakuru Tasnim na byo byavuze ko igisirikare cya Amerika cyagabye ikindi gitero hafi ya Shadegan, umujyi wegereye umupaka wa Iran na Iraq. Kugeza ubu, Iran ntiratangaza niba hari ingamba zo kwihimura kuri ibyo bitero.
Rwandatribune.rw