Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, Village Urugwiro, Umuyobozi w’Inama y’Ubuyobozi y’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, CMA, Marc Holtzman.
Ibiganiro byabo byibanze ku buryo bwo kurushaho guteza imbere no kwagura isoko ry’imari n’imigabane mu Rwanda, ndetse n’uko ryagira uruhare runini mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Mu byaganiriweho harimo kongera amahirwe yo kubona igishoro ku bigo n’abikorera, guteza imbere ishoramari no gukomeza gutuma isoko ry’imari n’imigabane ryifashishwa mu gukusanya igishoro cy’igihe kirekire.
CMA ivuga ko kwagura iri soko ari ingenzi mu kongera amahirwe y’ishoramari no gufasha ubukungu bw’u Rwanda gukomeza gutera imbere.
Iyi nama kandi ibaye mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere isoko ry’imari n’imigabane no kurushaho kurihuza n’amahirwe y’ishoramari ku bashoramari bo mu Rwanda no hanze yarwo.
Rwandatribune.rw