Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yagiranye amasezerano n’Umunyamerika Erik Prince, washinze sosiyete y’umutekano ya Blackwater, agamije gufasha iki gihugu kongera amafaranga ava mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro no gukumira ubucuruzi bwa magendu.
Nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters byabitangaje, aya masezerano yasinywe mbere y’uko umutwe wa AFC/M23 wigarurira imijyi ya Goma na Bukavu mu ntangiriro za 2025. Icyo gihe, Leta ya RDC yari yifuza gukaza igenzura ry’umutungo kamere no kongera amafaranga yinjira mu isanduku ya Leta.
Nyuma yaho, ibitangazamakuru bitandukanye byatangaje ko ibikorwa bya sosiyete Vectus Global, ifitanye isano na Erik Prince, bitagarukiye ku bucukuzi bw’amabuye gusa, ahubwo byageze no ku gutanga ubufasha bwa tekiniki ku ngabo za FARDC.
Muri Gashyantare 2026, Reuters yongeye gutangaza ko Erik Prince yohereje abakozi n’indege zitagira abapilote (drones) kugira ngo zifashe ingabo za FARDC kurinda umujyi wa Uvira, ufatwa nk’ufite akamaro mu bikorwa bya gisirikare.
Nubwo amakuru akomeje kuvugwa ko ayo masezerano ashobora kuba afite agaciro ka miliyoni 700 z’Amadolari ya Amerika, Leta ya RDC ntiratangaza ku mugaragaro ibikubiye muri yo cyangwa agaciro kayo. Reuters yemeje ko ayo masezerano ahari, ariko ntiyigeze itangaza amafaranga yemeranyijweho.
Abasesenguzi bavuga ko niba Vectus Global ishoboye kugabanya ubucuruzi bwa magendu no kongera umusaruro uva mu mabuye y’agaciro, bishobora kongerera Leta ya RDC ubushobozi mu bukungu no mu rwego rw’umutekano.
Icyakora, kuba sosiyete yigenga ifite uruhare mu bikorwa bifitanye isano n’igisirikare bikomeje gukurura impaka, cyane cyane bitewe n’amateka ya Erik Prince na Blackwater, sosiyete yigeze kuyobora yagiye ivugwaho ibikorwa byateje impaka mu bihugu bitandukanye.
Kugeza ubu, Guverinoma ya RDC ntiratangaza ibisobanuro birambuye ku buryo ayo masezerano azashyirwa mu bikorwa, mu gihe igihugu gikomeje guhangana n’umutekano muke mu burasirazuba bwacyo.
rwandatribune.rw