Monday, 27 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > UMUTEKANO > Amerika Yagabye Ibitero Bikomeye Kuri Iran Nyuma y’Ibitero ku Mato Muri Hormuz
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Amerika Yagabye Ibitero Bikomeye Kuri Iran Nyuma y’Ibitero ku Mato Muri Hormuz

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 8, 2026 10:01 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yagabye “ibitero bikomeye” kuri Iran nyuma y’uko habaye ibitero byibasiye amato mu Nyanja ya Hormuz, ahakomeje kugaragara umwuka w’ubwumvikane buke ushobora kugira ingaruka ku isoko ry’ingufu ku isi.

Ikigo cy’Abongereza gishinzwe umutekano wo mu nyanja, UKMTO, cyatangaje ko ku wa Kabiri habaye igitero cya gatatu ku bwato bwari mu Nyanja ya Hormuz, aho bwatewe igisasu kitaramenyekana.

Iki gitero cyabaye nyuma y’ikindi cyari kimaze iminsi kivugwa, aho igihugu cya Qatar cyashinje Iran kugira uruhare muri icyo gikorwa.

Ubwoba bw’uko umutekano muke ushobora gukomeza kwiyongera muri Hormuz bwatumye ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga byongera kuzamuka, kubera ko iyi nzira yo mu nyanja ari imwe mu zinyuzwamo igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku isi.

Amerika kandi yatangaje ko igiye kongera gushyiraho ibihano ku bucuruzi bwa peteroli ya Iran, mu rwego rwo gukomeza igitutu kuri Tehran.

Mu gihe amakimbirane akomeje gukaza umurego, hari n’andi makuru avuga ko isanduku y’umuyobozi mukuru w’idini muri Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yagejejwe muri Iraq ku wa Kabiri, mbere y’imihango yo kumushyingura iteganyijwe kubera mu mijyi ibiri yera y’icyo gihugu.

Ku rundi ruhande, u Butaliyani na Israel byatangaje ko hateganyijwe ibiganiro bitaziguye hagati ya Israel na Libani bizabera i Roma tariki ya 15 na 16 Nyakanga 2026, mu rwego rwo gushaka uburyo bwo kugabanya amakimbirane hagati y’impande zombi.

Iyi nkuru ikomeje gukurikiranwa cyane kubera impungenge z’uko imvururu zo mu Nyanja ya Hormuz zishobora kugira ingaruka ku mutekano w’ingufu ku isi.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Gasabo Yakoresheje Bibiliya mu Gukangurira Abaturage Kwishyura Mitiweri
Next Article Misiri Yaregeye FIFA Ishinja Abasifuzi Kuyisezerera mu Buryo Budakwiye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

MU MAHANGAUMUTEKANO

Trump na Pezeshkian Basinye Amasezerano yo Guhagarika Intambara

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURUUMUTEKANO

Iraki Irashinja Iran Gukoresha Intwaro Zirimo Fosifore y’Umweru, Isaba Iperereza Mpuzamahanga

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURUPOLITIKE

Amasezerano Hagati ya Amerika na Iran Yateje impaka Nyuma y’Inyandiko y’Ibanga Yasohotse

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Ubwato bw’Imizigo Bwagabweho Igitero Hafi Ya Hormuz, Amerika Ishinja Iran

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?