Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri gutegura kohereza muri Israel izindi ndege za gisirikare zitanga lisansi mu kirere (air refueling tankers), mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ibikorwa by’igisirikare cyayo no kwitegura icyakorwa mu gihe amakimbirane hagati ya Iran na Israel yakomeza gufata indi ntera.
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Axios avuga ko iki cyemezo kiri mu ngamba za Washington zo gukomeza kwiyubaka mu rwego rwa gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, aho umwuka w’intambara ukomeje gukaza umurego.
Izi ndege zitanga lisansi zikiri mu kirere zifite uruhare rukomeye mu bikorwa by’igisirikare, kuko zituma indege z’intambara n’iz’ubutasi zishobora kumara amasaha menshi mu kirere no kugera ku ntego ziri kure bitabaye ngombwa ko zibanza kumanuka ku bibuga by’indege kugira ngo zuzuzwe lisansi.
Iyi gahunda ije mu gihe umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran ukomeje kwiyongera.
Mu minsi ishize, impande zombi zakomeje gushinjanya no kugirana ibikorwa bya gisirikare, ibintu byakajije impungenge z’uko amakimbirane ashobora gukwira mu bice byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Nubwo amakuru agaragaza ko izi ndege zizoherezwa muri Israel ari kimwe mu bigize imyiteguro y’igisirikare cya Amerika, kugeza ubu nta tangazo rasmi ryasohowe na Minisiteri y’Ingabo ya Amerika (Pentagon) cyangwa ubuyobozi bwa Israel ryemeza ayo makuru.
Abasesenguzi mu bya gisirikare bavuga ko kohereza izi ndege byerekana ko Amerika ishaka gukomeza kugira ubushobozi bwo gushyigikira ibikorwa by’indege zayo n’iz’abafatanyabikorwa bayo igihe cyose byaba bibaye ngombwa, cyane cyane mu gihe habaye ibikorwa by’intambara bimara igihe kirekire.
Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bikomeje gushakirwa inzira yo kugabanya ubushyamirane, gukaza imyiteguro ya gisirikare bikomeje guteza impungenge amahanga, aho benshi batinya ko amakimbirane hagati ya Iran, Israel na Amerika ashobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’akarere ndetse no ku bukungu bw’isi, by’umwihariko ku isoko ry’ingufu n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw