Ubutaliyani bwatangaje ko bwatangiye ibiganiro n’u Rwanda ku mugambi wo gushyiraho ikigo kizajya gifasha mu gusubiza abimukira binjira mu Burayi mu buryo butemewe n’amategeko, mu rwego rw’ingamba nshya z’u Burayi zo kwihutisha gusubiza aba bantu mu bihugu bakomokamo.
U Rwanda ruri mu bihugu bitatu bya Afurika biri kuganirwaho kuri uyu mushinga, hamwe na Uganda na Ghana. Ibi bihugu biratekerezwaho kwakira ibigo by’igerageza (pilot return centres) bizajya bicungwa ku bufatanye n’ibihugu byo mu Burayi kandi bigaterwa inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Ibiganiro bije nyuma y’uko mu 2023 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ahuriye na Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani Giorgia Meloni i New York, ku mpande z’inama ya 78 y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN General Assembly).
Muri uwo mubonano, aba bayobozi baganiriye ku buryo bwo kurushaho guteza imbere ubufatanye hagati y’u Rwanda n’Ubutaliyani mu nzego zitandukanye zirimo umutekano n’ingabo, ubuhinzi, ubuzima, ikoranabuhanga n’izindi.
Ubutaliyani bushaka uburyo bushya bwo gukemura ikibazo cy’abimukira
Guverinoma ya Giorgia Meloni iri gushyigikira uburyo bukomeye bwo guhangana n’abimukira badafite ibyangombwa mu Burayi.
Uyu mugambi mushya uza nyuma y’inama idasanzwe y’abaminisitiri b’Ubutegetsi bw’Imbere mu bihugu bigize EU, yateranyijwe kubera kongera kugaragara kw’umuvuduko w’abimukira ku mupaka wa Ceuta, agace ka Espagne gaherereye muri Afurika y’Amajyaruguru.
Ubutaliyani buvuga ko butagishaka gukemura iki kibazo bwabwo bwonyine nk’uko bwabigenje mu masezerano bwagiranye na Albania ku bijyanye n’abimukira, ahubwo ko ubu burimo gukorana n’ibihugu nka Denmark, Austria n’u Buholandi mu gushyiraho urusobe rw’ibigo byo gusubiza abimukira mu bihugu byabo.
Intego ya Guverinoma ya Meloni ni uko ibyo bigo byatangira gukora bitarenze umwaka wa 2027, ariko bikazaterwa n’uko amasezerano azagirana n’ibihugu bizakira ibyo bigo azagenda ndetse n’uruhare rwa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi.
Uko ibyo bigo byakora
Ibyo bigo biteganyijwe byajya byakira abimukira baba barangije gukoresha inzira zose zemewe zo gusaba kuguma mu Burayi ariko ubusabe bwabo bukangwa.
Nyuma, byajya bifasha mu gutegura uburyo basubizwa mu bihugu bakomokamo.
Ubutaliyani kandi bushaka ko uyu mushinga ujyana n’ubundi bufatanye burimo ishoramari n’imishinga y’iterambere muri Afurika, hakurikijwe gahunda ya “Mattei Plan for Africa”, ndetse no gutanga uburyo bworohereza ubucuruzi ku bihugu byakwemera gukorana na bwo.
Umushinga ushobora guhindura politiki y’u Burayi ku bimukira
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Imbere mu Butaliyani, Matteo Piantedosi, yari ateganyijwe kuwugeza ku bandi baminisitiri b’Ubutegetsi bw’Imbere muri EU mu nama yo kuri murandasi, aho bagombaga kuganira ku kongera igenzura ku mipaka yo hanze y’u Burayi, kurwanya magendu y’abantu no kwihutisha gusubiza abimukira mu bihugu byabo.
Niba uyu mushinga ushyizwe mu bikorwa, ushobora kuba intambwe ikomeye mu buryo u Burayi bukemura ikibazo cy’abimukira, aho u Rwanda rwaba rumwe mu bihugu bya mbere bya Afurika byakira ikigo gishyigikiwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Kugeza ubu, Guverinoma y’u Rwanda cyangwa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi ntibaragira icyo batangaza ku mugaragaro ku biganiro bivugwa ko biri gukorwa.
ICYITEGETSE Florentine
Rwandatribune.rw