Martin Fayulu yatangaje ko yemeye ubutumire bwa Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye bwo kwitabira ibiganiro bizabera i Bujumbura, bigamije gushaka ibisubizo ku bibazo byugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Fayulu yavuze ko nubwo hari ibibazo bikomeye bya politiki n’umutekano muri RDC, ibiganiro ari inzira y’ingenzi ishobora gufasha igihugu kuva mu bibazo, ashimangira ko inyungu z’abaturage zigomba gushyirwa imbere y’iz’amashyaka.
Mu ncamake, Yavuze ko “igihe igihugu kiri mu kaga, inshingano ya mbere ari ugushyira RDC imbere y’ibindi byose,” agaragaza ko iyi ntambwe atari ugusubira inyuma ku byo opozisiyo isaba, ahubwo ari ugushaka amahirwe yose yo kugera ku mahoro arambye.
Yongeyeho ko imyigaragambyo yari iteganyijwe n’ihuriro C64 yasubitswe kugira ngo habanze hageragerezwe inzira y’ibiganiro, ariko ko ibyo bitahinduye ibyifuzo by’uruhande rutavuga rumwe na leta birimo imiyoborere myiza, kubahiriza Itegeko Nshinga no gushaka umuti ku mutekano muke mu burasirazuba bwa RDC.
Nubwo impande zose zemeje ko ziteguye guhura i Bujumbura, kugeza ubu nta tariki nyayo y’ibi biganiro iratangazwa ku mugaragaro.
Rwandatribune.rw