Mu gihe u Rwanda rwitegura amatora y’Inzego z’Ibanze ateganyijwe mu 2026, Bameya batandatu bazabura ku rutonde rw’abaziyamamaza ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere, nyuma yo kurangiza manda ebyiri zikurikirana nk’uko biteganywa n’amategeko.
Aba bayobozi ntibakuwe mu matora kubera amakosa cyangwa ibihano, ahubwo ni uko amategeko ateganya ko urangije manda ebyiri zikurikirana adashobora kongera kwiyamamariza uwo mwanya ako kanya.
Abatazongera kwiyamamaza ni aba:
Richard Mutabazi Meya w’Akarere ka Bugesera,
Ange Sebutege – Meya w’Akarere ka Huye
Valens Habarurema – Meya w’Akarere ka Ruhango
Jacqueline Kayitare – Meya w’Akarere ka Muhanga
Jerome Rutaburingoga – Meya w’Akarere ka Gisagara
Mukandayisenga Antoinette – Meya w’Akarere ka Nyabihu
Ibi bishingiye ku Itegeko nº 065/2021 ryo ku wa 09 Ukwakira 2021 rigena imitunganyirize n’imikorere by’Akarere, risimbura Itegeko nº 87/2013. Iri tegeko riteganya ko Umuyobozi w’Akarere cyangwa umwe mu bagize Komite Nyobozi urangije manda ebyiri zikurikirana adashobora kongera kwiyamamariza uwo mwanya mu gihe gikurikira.
Iri hame rireba kandi Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage.
Si aba bayobozi bonyine bagezweho n’iri tegeko.
Mu bandi barangije manda ebyiri zikurikirana harimo Radjab Mbonyumuvunyi, Meya w’Akarere ka Rwamagana, na Richard Gasana, Meya w’Akarere ka Gatsibo, bombi bo mu Ntara y’Iburasirazuba.
Umusesenguzi mu miyoborere, René Anthère Rwanyange, yabwiye The New Times ko amategeko y’u Rwanda adaha umuyobozi w’inzego z’ibanze uburenganzira bwo kurenza manda ebyiri zikurikirana.
Yongeyeho ko n’abemerewe kongera kwiyamamaza bose badahita babona amahirwe yo gukomeza kuyobora, kuko imikorere yabo iba yarasuzumwe.
Yasobanuye ko abayobozi b’uturere basuzumwa hashingiwe ku mihigo n’imikorere, ku buryo utagejeje nibura ku manota 60% ashobora kutemererwa gukomeza inshingano ze, kabone n’iyo amategeko yaba amwemerera kongera kwiyamamaza.
Rwandatribune.rw