Abantu icyenda bahasize ubuzima mu mpanuka ikomeye yabereye mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi, kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026, ahagana saa sita n’igice z’amanywa, nyuma y’uko minibisi itwara abagenzi igonganye n’ikamyo yo mu bwoko bwa CHACMAN.
Amakuru agaragaza ko iyo kamyo yari iturutse mu Karere ka Muhanga, mu gihe minibisi izwi nka Twegerane yavaga i Kigali. Muri minibisi hari harimo abantu 21, barimo abakuru 19 n’abana babiri. Abantu icyenda bahise bitaba Imana, mu gihe abandi 12 bakomerekeye muri iyo mpanuka.
Abatangabuhamya bavuga ko ikamyo yamanukaga ku muvuduko mwinshi, bakeka ko ishobora kuba yari yabuze feri. Bavuze ko minibisi yari imaze kunyura ku modoka yari ihagaze ku ruhande rw’umuhanda kubera ikibazo cy’amazi, ihita igongana n’iyo kamyo.
Umwe mu baturage, Mbonyumwami Hassan, yavuze ko umushoferi wa minibisi yahise aca mu kirahure cy’imbere agwa mu muhanda, ahita yitaba Imana.
Yagize ati: “Twirutse dutabara dusanga abantu benshi bapfuye, abandi bakomeretse barimo gutabaza. Hari n’abadupfiriye mu maboko.”
Undi mutangabuhamya, Mukamfashijwaho Solange, yavuze ko basanze imodoka yashwanyaguritse cyane, bamwe mu bayirimo bapfuye, abandi bakomeretse bikomeye.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvere, yemeje ko abantu icyenda bamaze kwitaba Imana, anihanganisha imiryango yabuze ababo.
Yagize ati: “Ni impanuka yatewe n’ikamyo yavaga i Muhanga igonga imodoka itwara abagenzi. Turakomeje gukurikirana ubuzima bw’abakomerekeye muri iyi mpanuka.”
Yasabye abakoresha umuhanda kubahiriza amategeko y’umuhanda no kwitwararika kugira ngo hirindwe impanuka zikomeje gutwara ubuzima bw’abaturage.
Mu ikamyo harimo abantu babiri, aho umushoferi wayo yakomeretse ku kuguru.
Abakomeretse bajyanywe kuvurirwa mu Bitaro bya Kanombe, Kabgayi, CHUK na Remera-Rukoma, aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga.
Rwandatribune.rw