Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Croix-Rouge (ICRC) yatangaje ko yorohereje ihererekanya ry’abantu 15 bari bamaze igihe bafungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyikirizwa ihuriro AFC/M23.
Nk’uko ICRC yabitangaje, iki gikorwa cyakozwe hashingiwe ku masezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar hagati ya Leta ya RDC na AFC/M23 muri Nzeri 2025, agamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi no gufasha mu kurekura imfungwa.
Aba bantu bari bamaze igihe kirenga ukwezi bafungiwe mu mujyi wa Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ku mugoroba wo ku wa 6 Kanama 2026, ICRC yabakuye aho bari bafungiye ibanyuza muri Uganda, nk’uko byari byaremejwe n’impande zombi.
Nyuma yo kuva muri Uganda, binjiye muri Teritwari ya Rutshuru igenzurwa na AFC/M23, maze bashyikirizwa iri huriro mu gitondo cyo ku wa 7 Kanama 2026.
ICRC yavuze ko iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye n’inzego z’ubuzima, kandi ko hubahirijwe ingamba zikomeye zo kwirinda icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira ibice bimwe bya Kivu y’Amajyaruguru biri mu maboko ya Leta ya RDC.
Stephen Eller, ushinzwe ibikorwa bya ICRC i Kinshasa, yavuze ko kurekurwa kw’aba bantu ari intambwe ishobora guhumuriza imiryango yabo yari imaze igihe itazi amakuru yabo.
Yavuze ko ICRC yizeye ko iki gikorwa kizafasha kongera icyizere mu bikorwa byo kurekura imfungwa no gutanga icyizere ku baturage bakomeje kugirwaho ingaruka n’intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa RDC.
Mu rwego rw’ibiganiro bya Doha, ICRC yongeye kwibutsa ko uruhare rwayo ari urw’umuhuza utabogama ushyira mu bikorwa ibyumvikanyweho n’impande zihanganye, cyane cyane mu gutwara abantu barekuwe no kubahuza n’imiryango yabo.
Si ubwa mbere ICRC igize uruhare mu bikorwa nk’ibi. Muri Gicurasi 2025, yafashije kwimura abantu barenga 1.300, barimo abasirikare ba RDC, abapolisi n’imiryango yabo, bari baraheze mu bice bigenzurwa na AFC/M23, ibajyana i Kinshasa.
Uyu muryango kandi washimangiye ko amategeko mpuzamahanga agenga intambara asaba ko abafunzwe bafatwa mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwabo n’agaciro k’ikiremwamuntu, kandi ko bagomba kurindwa igihe cyose bafunzwe.
Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba aba bantu 15 barekuwe ari abasirikare, abarwanyi cyangwa abasivili. Icyakora, amakuru yatangajwe agaragaza ko muri bo nta bayobozi bari barakatiwe igihano cy’urupfu barimo.
Rwandatribune.rw