Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, gusaba imbabazi umunyamakuru Mutesi Scovia nyuma y’amagambo akomeye bagiranye mu minsi ishize.
Byaturutse ku mpaka zabaye muri Gicurasi 2026, ubwo Scovia Mutesi na bagenzi be bo kuri Mama Urwagasabo TV bagarukaga ku butumwa Nduhungirehe yari yashyize ku rubuga rwa X, bunenga amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku ruhare rwa Perezida Félix Tshisekedi mu nama ya Africa Forward Summit yabereye i Nairobi muri Kenya.
Nduhungirehe icyo gihe yavuze ko ubutumwa bwa Perezidansi ya RDC bwari burimo amakuru atari yo, asobanura ko Tshisekedi atitabiriye ibiganiro nyirizina by’iyo nama, ahubwo ko yagaragaye mu muhango wo gusoza.
Nyuma y’uko Scovia na bagenzi be baganiriye kuri iyo ngingo, Nduhungirehe yabashinje gutera urujijo kubera ko batari basemuye neza ubutumwa bwe bwari mu Gifaransa.
Yabasabye kujya babanza gushaka umuntu uzi neza urwo rurimi kugira ngo abasobanurire neza ibyo yanditse.
Scovia na we ntiyacecetse. Yasabye Minisitiri ko ubutumwa yandika mu Gifaransa bwajya bushyirwa no mu Kinyarwanda, kugira ngo n’Abanyarwanda batumva Igifaransa babashe kubusobanukirwa.
Kagame avuga ko Scovia atagombaga gusaba imbabazi
Ku wa Mbere, ubwo Perezida Kagame yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru, Scovia Mutesi yabanje gusobanura ibyari byatumye agirana kutumvikana na Minisitiri Nduhungirehe.
Yavuze ko ashobora kuba atarageze ku rwego rwiza mu Gifaransa, ndetse yemera ko ibyo bavuze kuri televiziyo bishobora kuba byaragaragajwe mu buryo butari bwo. Yanavuze ko yari amaze gusaba imbabazi.
Perezida Kagame ariko yamubwiye ko atari ngombwa ko asaba imbabazi, kuko icyo yari yavuze kitari uguhindura nkana ibyo Minisitiri yavuze.
Kagame yavuze ko ikibazo cyari kuba gikomeye iyo abanyamakuru baba barabeshye ko Nduhungirehe yavuze ibintu atigeze avuga, ariko ko kutumvikana ku rurimi bidakwiye gufatwa nk’ikosa rikomeye.
Perezida Kagame yahise avuga ko ahubwo Minisitiri Nduhungirehe ari we ukwiye gusaba imbabazi Scovia Mutesi.
Ati: “Ariko wiseguriraga iki? Ayayayayaya! Ntibishoboka! Ahubwo azagusabe imbabazi ari we.”
Rwandatribune.rw