Guverinoma y’u Rwanda yunamiye Senateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, witabye Imana, imwibukiraho uruhare yagize mu guteza imbere umubano hagati ya Amerika na Afurika, ndetse no mu gushimangira ubufatanye n’u Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier J.P. Nduhungirehe, yavuze ko Graham azasigira amateka nk’umuyobozi wavugishaga ukuri kandi waharaniraga ko Amerika na Afurika bigirana umubano ushingiye ku nyungu z’impande zombi.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yihanganishije umuryango wa Senateri Graham, abo bakoranye ndetse n’abamwibuka, avuga ko u Rwanda ruzamwibuka kubera uruhare rwe mu guteza imbere amahoro, kubungabunga ibidukikije no gushimangira imikoranire hagati ya Amerika n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.
Yagize ati: “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda nihanganishije umuryango n’abakoranye na Senateri Lindsey Graham.
Tuzamwibuka nk’umuntu w’umunyakuri kandi waharaniye ubufatanye bushyira imbere inyungu ku mpande zombi hagati ya Afurika na Amerika, kurinda inyamaswa zo mu gasozi n’amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Aruhukire mu mahoro.”
Lindsey Graham yari umwe mu basenateri bakomeye b’Ishyaka ry’Aba-Republicains muri Amerika, aho yari amaze imyaka myinshi agaragara mu biganiro bijyanye na politiki y’ububanyi n’amahanga, umutekano mpuzamahanga n’imibanire ya Amerika n’ibindi bihugu.
Urupfu rwe rwatangajwe n’ibiro bye ku Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, rukurikiye uruzinduko yari amaze kugirira i Kyiv muri Ukraine, aho yari yahuye na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy.
Mu gihe cye cya nyuma muri politiki, Graham yagiye agaragaza ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi wa Amerika muri Afurika y’Iburasirazuba, cyane cyane mu bijyanye n’umutekano, iterambere ry’ubukungu no kubungabunga ibidukikije.
Yagiranye ibiganiro kenshi n’abayobozi b’u Rwanda, barimo Perezida Paul Kagame, ku buryo bwo gukomeza umubano hagati ya Kigali na Washington.
Mu Ukuboza 2025, ubwo Perezida Kagame yari i Washington mu bikorwa bijyanye n’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ibiganiro na Senateri Graham ku ngingo zirimo gukomeza ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Muri Mata 2019, Graham yari mu itsinda ry’abasenateri ba Amerika bakiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, aho baganiriye ku bibazo bireba umubano w’ibihugu byombi.
Kimwe mu byatumye Lindsey Graham avugwa cyane mu Rwanda ni uko yagiye agaragaza ko atemera igitekerezo cyo gukoresha ibihano nk’uburyo bwo gukemura ibibazo bya politiki hagati ya Amerika n’u Rwanda, ahubwo agashyigikira ibiganiro n’ubufatanye.
rwandatribune.rw