Ihuriro ry’amashyaka n’imitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (C64) ryatangaje ko ritigeze risaba guhura na Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Évariste Ndayishimiye, ahubwo ko ari we waritumiye kugira ngo yumve uko ribona ikibazo cyugarije RDC.
Mu itangazo ryasohowe nyuma y’ibiganiro, C64 yavuze ko Perezida Ndayishimiye yafashe icyo cyemezo nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida Félix Tshisekedi, ashaka kumva ibitekerezo by’impande zitandukanye ku bibazo bimaze igihe byugarije Congo.
Iri huriro ryavuze ko ryasobanuriye Perezida Ndayishimiye ko ikibazo cya RDC kidashingiye gusa ku ntambara ikomeje mu Burasirazuba bw’igihugu, ahubwo ko hari n’ibindi bibazo bikomeye birimo imiyoborere mibi, umutekano muke, kudakora neza kw’inzego za Leta no kutubahirizwa kw’Itegeko Nshinga.
Nk’uko C64 ibitangaza, Perezida Ndayishimiye yashimangiye ko ikibazo cya Congo gikwiye gushakirwa umuti binyuze mu biganiro bya politiki no kwimakaza ubumwe bw’Abanye-Congo, aho gukomeza amakimbirane.
Iri huriro ryongeye kwamagana umugambi wa Perezida Félix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga, rivuga ko kuwushyira mu bikorwa mu gihe igihugu kiri mu ntambara kandi hari ibice bikigenzurwa n’imitwe yitwaje intwaro bishobora guteza umwuka mubi no kurushaho gucamo ibice igihugu.
C64 ryatangaje ko rizakomeza ibikorwa byo kwamagana uwo mushinga, rinahamagarira Abanye-Congo kwitabira urugendo rw’amahoro ruteganyijwe ku wa 22 Nyakanga 2026, rugamije gusaba kubahirizwa kw’Itegeko Nshinga, kwimakaza amahoro na demokarasi, ndetse no gusaba Perezida Tshisekedi kwegura.
Nubwo rivuga ko ryiteguye ibiganiro bya politiki, C64 ryashimangiye ko bidashoboka mu gihe Perezida Tshisekedi atarahagarika burundu gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga.
Ryasabye kandi kurekurwa kw’abafungwa ba politiki, guhagarika ibyo ryita gukoresha ubutabera mu nyungu za politiki no kubahiriza ubwisanzure bwa politiki n’uburenganzira bwa muntu.
Mu gusoza, C64 ryavuze ko kwemera ubutumire bwa Perezida Ndayishimiye bitavuze ko ryahinduye imyemerere cyangwa amahame yaryo, ahubwo ko ryifashishije uwo mwanya kugira ngo risobanure uko ribona ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
rwandatribune.rw