Umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Nzeri 2026, haratuje mu gihe imyigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Coalition Article 64 (C64), yatangiye.
Iyi myigaragambyo ihuriranye n’itangira ry’igihembwe gishya cy’Inteko Ishinga Amategeko, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi basaba abaturage kwamagana icyo bavuga ko ari umugambi wo guhindura cyangwa kuvugurura Itegeko Nshinga, ndetse n’ibishobora gutuma Perezida Félix Tshisekedi ashaka kwiyamamariza manda ya gatatu.
C64 ihuriyemo abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Martin Fayulu, Moïse Katumbi, Jean-Marc Kabund, Augustin Matata Ponyo na Delly Sesanga.
Mu gitondo, ibikorwa bisanzwe muri Kinshasa byakomeje, ariko Polisi yari imaze kongera abakozi mu bice bitandukanye by’umujyi, cyane cyane ku mihanda yari yateganyijwe kunyurwamo n’abigaragambya.
Abapolisi benshi bagaragaye kuri rond-point ya Limete, mu bice bya Ngaliema, Moulaert, ku muhanda wa Kasa-Vubu, ku kiraro cya Cabu ndetse no hafi ya Boulevard Triomphal.
Imodoka za Polisi zizwi nka “Kabasele” na zo zari zashyizwe ahantu hatandukanye kugira ngo zifashe mu gutabara byihuse igihe bibaye ngombwa.
C64 yari yabanje gutangaza ko imyigaragambyo izarangirira kuri Palais du Peuple, aho Inteko Ishinga Amategeko ikorera.
Nyuma y’ibiganiro hagati y’abateguye imyigaragambyo n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kinshasa, hemejwe ko itazarangirira kuri Palais du Peuple, ahubwo abigaragambya bakerekeza ku cyicaro cy’ishyaka ECiDé, hafi y’Ishuri Sévigné, ahateganye na Stade des Martyrs.
Abaturuka mu bice bya Tshangu na Mont-Amba biteganyijwe ko bahurira kuri rond-point ya Limete, banyure kuri Boulevard Lumumba na Boulevard Sendwe, bagana kuri Boulevard Triomphal.
Abaturuka muri Funa na Lukunga bo bazahurira kuri rond-point Moulaert, banyure kuri Avenue Kasa-Vubu no ku kiraro cya Cabu.
Imyigaragambyo no mu zindi ntara
Imyigaragambyo ntiyagarukiye i Kinshasa. Mu bindi bice bya RDC na ho ibikorwa nk’ibi byatangiye, nubwo hari aho abayobozi b’ibanze bari babibujije, bavuga impamvu z’umutekano cyangwa iz’ubuzima.
Muri Lubumbashi, Polisi yari yabujije imyigaragambyo kandi iburira abazitabira ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano. Muri Kisangani, ubuyobozi bwa Tshopo bwahagaritse imyigaragambyo, buvuga ko icyorezo cya Ebola gituma guterana kw’abantu benshi bishobora kongera ibyago byo gukwirakwiza indwara.
Muri Kananga na ho ibikorwa byo guterana kwa politiki byarahagaritswe, mu gihe i Kindu, C64 yavuze ko bamwe mu bayoboke bayo bafashwe. Ihuriro ryasabye ko abantu 12 rivuga ko bafunzwe barekurwa.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye ituze
Mu gihe imyigaragambyo yakomeje, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu muri RDC (CNDH) yasabye impande zose kwirinda guhangana no gukoresha imbaraga, yibutsa ko uburenganzira bwo guterana no kwigaragambya bwemewe n’Itegeko Nshinga.
Umuryango Human Rights Watch na wo wasabye ko hirindwa imvururu no kumena amaraso, usaba inzego z’umutekano kubahiriza uburenganzira bw’abaturage.
Iyi myigaragambyo ije nyuma y’iyabaye muri Kamena 2026, ubwo imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yavuyemo imirwano hagati y’abigaragambya n’inzego z’umutekano, ibintu byanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.
Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, muri Kinshasa ibikorwa bisanzwe by’ubucuruzi, urujya n’uruza rw’ibinyabiziga ndetse n’iby’amashuri byari bikomeje, mu gihe inzego z’umutekano zakajije uburinzi ahateganyijwe kubera ibikorwa bya C64.
Rwandatribune.rw