Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko MBABAZI Shadia, uzwi cyane ku izina rya *Shaddybo, *adafunzwe, ahubwo yoherejwe mu kigo gifasha abantu kureka ibiyobyabwenge (rehabilitation center), nyuma y’uko ibisubizo bya laboratwari ku bipimo byafashwe mu gihe cy’iperereza bigaragaje ko akeneye ubufasha bwihariye.
Umuvugizi wa RIB yavuze ko iki cyemezo kitafashwe nk’igihano, ahubwo ari uburyo bwo gufasha uwagaragayeho ikibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge kubicikaho no kongera kugira ubuzima buzira umuze.
Aya makuru aje nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru atandukanye yavugaga ko Shaddybo yaba afunzwe, ibintu byatumye RIB isobanura ko atari ko bimeze, ahubwo ko yashyizwe muri gahunda y’ubuvuzi n’ubujyanama bugamije kumufasha gusezera ku biyobyabwenge.
Iki kibazo gikurikira iperereza ryatangiye nyuma y’ikirego Shaddyboo yari yatanze, ashinja Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza kumukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Uwo musore yatawe muri yombi, mu gihe iperereza rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane ukuri ku birego byatanzwe. Ni ngombwa kwibuka ko amategeko y’u Rwanda ateganya ko umuntu wese afatwa nk’umwere kugeza igihe urukiko rubimuhamije.
Abahanga mu buzima bwo mu mutwe bagaragaza ko kujyana umuntu muri rehabilitation center ari imwe mu nzira zifasha abakoresha ibiyobyabwenge kubireka binyuze mu buvuzi, ubujyanama no gukurikiranwa n’inzobere, aho kuba intego ari ukumuhana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukomeje gusaba abaturage kwirinda gukwirakwiza amakuru adafitiwe gihamya ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo bagategereza amakuru atangwa n’inzego zibifitiye ububasha, cyane cyane mu gihe iperereza rikomeje.
Hagati aho, iperereza ku kirego cyatanzwe na Shaddyboo riracyakomeje, mu gihe inzego zibishinzwe zikomeje gukusanya ibimenyetso bizafasha kumenya ukuri no gutuma ubutabera bukora akazi kabwo.
Rwarinda Gaston
rwandatrubune.rw