Urugendo Révérien Ndikuriyo, Perezida w’ikipe ya Aigle Noir FC akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, yari ateganyije kugirira i Kigali, rwabaye isoko y’impaka mu buyobozi bukuru bw’iki gihugu.
Amakuru avuga ko Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yamusabye kutajyana n’ikipe ye mu Rwanda, bitewe n’umwuka mubi umaze igihe urangwa mu mubano w’ibihugu byombi.
Ndikuriyo yari afite gahunda yo kujyana na Aigle Noir FC i Kigali, aho iyi kipe yari yitabiriye umukino w’ijonjora rya CAF Champions League, aho yagombaga guhura na Al-Hilal yo muri Sudani.
Ndikuriyo yari yiteguye kujya i Kigali
Ku wa 22 Kanama 2026, ubwo Ndikuriyo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru ku bikorwa bya CNDD-FDD n’ibindi bibazo bireba igihugu, yavuze ko atabonaga impamvu yatuma atajya i Kigali.
Yagaragaje ko gahunda ye yo kujya mu Rwanda yari ishingiye ku kuba yarashakaga gushyigikira ikipe ayobora, ariko avuga ko ashobora kubuzwa kujyayo n’inshingano z’akazi.
Ati: “None i Kigali mutekereza ko mpatinya? […] Iby’akazi byonyine ni byo byambuza kujyayo.”
Gusa, amakuru aturuka ku bantu bakurikiranira hafi iki kibazo avuga ko gahunda ye yo kumara iminsi ine i Kigali yateye impungenge Perezida Ndayishimiye.
Bivugwa ko Ndayishimiye yabajije impamvu Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi yagombaga kumara iminsi mu Rwanda aherekeje ikipe ye, ndetse akamusaba kutajya i Kigali.
Urugendo rw’umupira rwafashwe nk’ikibazo cya politiki
Nubwo ku ruhande rwa Ndikuriyo uru rugendo rwari rufite aho ruhuriye n’umupira w’amaguru, uburemere afite muri politiki y’u Burundi bwatumye bamwe barurebera mu kindi cyerekezo.
Ndikuriyo ni umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye muri CNDD-FDD.
Hari bamwe mu banyamuryango b’iri shyaka ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko afite abayoboke benshi mu nzego zo hasi z’ishyaka, ndetse ko ari umwe mu bantu bafite ubushobozi bwo kugira uruhare rukomeye mu miterere ya politiki y’u Burundi.
Ni muri urwo rwego gahunda yo kuba umuntu ufite uyu mwanya yagirira uruzinduko rw’iminsi myinshi i Kigali yafashwe nk’ikintu gishobora kugira uburemere bwa politiki, aho kuba urugendo rusanzwe rwo gukurikira ikipe.
Umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuba ikibazo
Ibi bibaye mu gihe umubano hagati y’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuba mubi.
U Burundi bwafunze imipaka yabwo yo ku butaka ihuza n’u Rwanda, nyuma yo gushinja Kigali gushyigikira umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa Gitega. U Rwanda rwakomeje guhakana ibyo birego.
Uku kutumvikana kwagize ingaruka ku ngendo z’abantu, ubucuruzi ndetse n’ibindi bikorwa bihuza abaturage b’ibihugu byombi.
Abasesenguzi bavuga ko mu bihe nk’ibi, urugendo rw’umwe mu bantu bakomeye muri politiki y’u Burundi rumara iminsi myinshi i Kigali rushobora gufatwa nk’ikintu gifite uburemere burenze ubwa siporo.
Umwuka mubi wageze no muri siporo
Umubano utifashe neza hagati y’ibihugu byombi wagiye unagaragara mu mikino.
Mu 2024, ikipe ya Dynamo BBC yo mu Burundi yigeze kwanga gukina yambaye imyambaro iriho ikirango cya “Visit Rwanda” ubwo yari yitabiriye Basketball Africa League (BAL).
Icyo gihe Dynamo BBC yari yasabwe kwambara icyo kirango kubera ko “Visit Rwanda” yari umuterankunga mukuru w’irushanwa, ariko ikipe ntiyabyemera.
Ibi byatumye ihabwa mpaga, ndetse birangira isezerewe mu irushanwa.
Ibyabaye kuri gahunda ya Ndikuriyo bigaragaza kandi ko umwuka mubi wa politiki hagati ya Kigali na Gitega ushobora gukomeza kugira ingaruka no ku bikorwa bya siporo, aho kuba ibibazo bya dipolomasi gusa.
Rwandatribune.rw