Igihugu cya Venezuela cyahuye n’akaga gakomeye mu ijoro ryo ku wa 25 Kamena 2026, ubwo imitingito ibiri ikomeye yakurikiranaga mu gihe kitarenze umunota umwe, igahitana abantu benshi ndetse ikangiza ibikorwa remezo bitandukanye.
Amakuru atangwa n’inzego z’ubuyobozi agaragaza ko umutingito wa mbere wari ku gipimo cya 7.2 wibasiye hafi y’Umujyi wa Caracas ahagana Saa 01:00 z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda.
Nyuma y’amasegonda 40 gusa, hakurikiyeho undi mutingito ukomeye kurushaho, wari ku gipimo cya 7.5, wibasiye agace ka Yumare.
Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yatangaje ko kugeza ubu abantu 32 bamaze kwitaba Imana bazize kugwirwa n’inyubako zasenyutse, mu gihe abarenga 700 bakomerekeye muri ibi biza.
Mu ijambo yagejeje ku baturage kuri televiziyo y’igihugu, Rodríguez yavuze ko ibikorwa byo gushakisha no gutabara abakiri munsi y’amatongo bikomeje n’imbaraga zose.
Yagize ati: “Inyubako nyinshi zasenyutse, kandi turi gukora ibishoboka byose kugira ngo turokore abantu benshi bashoboka. Turihanganisha imiryango yabuze ababo muri aya makuba.”
Yanatangaje ko amakipe y’ubutabazi aturutse mu bihugu bitandukanye ategerejwe muri Venezuela kugira ngo afashe mu bikorwa byo gutabara, anashimira Perezida wa Amerika, Donald Trump, wemeye gutanga ubufasha bwihuse.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ibyangiritse bikomeye ku Kibuga cy’Indege cya Simón Bolívar giherereye mu mujyi wa Maiquetía, hamwe n’izindi nyubako zangiritse bikomeye mu nkengero za Caracas.
Nubwo imibare y’abo umutingito wahitanye ikomeje kuba 32 kugeza ubu, Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubumenyi bw’Isi n’imiterere y’ubutaka (USGS) cyatangaje ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera cyane, kuko hari abantu benshi bakomeje kuburirwa irengero ndetse n’abakekwaho kuba bagifunzwe munsi y’amatongo.
Venezuela ni kimwe mu bihugu biherereye mu gice gikunze kwibasirwa n’imitingito ikomeye. Mu mwaka wa 1812, umutingito ukomeye wahitanye abantu bagera ku 30.000 mu mijyi ya Caracas na Merida.
Mu 1967 na bwo, undi mutingito ukomeye wasenye inyubako nyinshi muri Caracas, usiga abantu 240 bahasize ubuzima.
Abasesenguzi bavuga ko iyi mitingito iherutse kuba ishobora kuba imwe mu iza mbere zikomeye Venezuela ihuye na zo mu myaka ya vuba, mu gihe ibikorwa byo gutabara no kubarura ibyangiritse bikomeje hirya no hino mu gihugu.
rwandtribune.rw