Masisi: Abarwanyi Bagabye Igitero ku Nkambi y’Abimuwe, Basahura Ibyari Bibatunze

Florentine Icyitegetse
2 Min Read

Umutekano ukomeje kuba muke mu gace ka Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 27 Mata, inkambi icumbikiye abantu bavuye mu byabo yagabweho igitero cyitwaje intwaro.

 

Iki gitero cyabereye mu gace ka Birere, ahazwi nko mu kigo cy’amashuri abanza cya EP1 Masisi, ahagana saa mbiri z’ijoro.

 

Amakuru atangwa n’abaturage bavuga ko abagabo bitwaje intwaro bataramenyekana binjiye muri iyi nkambi icumbikiye imiryango y’abimuwe, igizwe ahanini n’abagore, abana n’abasaza.

 

Aba baturage batunguwe n’iki gitero mu masaha ya nijoro, bahita bahunga mu kajagari kugira ngo barokoke.

 

Umwe mu babyeyi yagize ati: “Baje barasa amasasu menshi. Twirutse imishwaro tugerageza kurokoka.

 

Hari abana benshi batandukanyijwe n’ababyeyi babo kubera iki gitero”.

 

Aba barwanyi basahuye ibintu by’abaturage mu buryo bugaragara, batwara amatungo arimo ihene, intama n’ingurube, ndetse n’inkoko n’inkoko z’inkware.

Ku miryango myinshi, aya matungo ni yo yari isoko yonyine yibyabatungaga.

 

Undi mubyeyi wavuganye n’itangazamakuru yagize ati: “Batwaye ibyo twari dufite byose. Ubu ntituzi uko tuzagaburira abana bacu”.

 

Mu gihe cy’iki gitero, amasasu menshi yarashwe hagamijwe guteza ubwoba abaturage no korohereza aba barwanyi gusahura.

 

Nyuma yo gusoza ibyo bakoze, bahise baburirwa irengero, basiga abaturage mu gahinda, bafite ihungabana kandi nta cyo bafite cyo kubatunga.

 

Bukeye bw’aho, abimuwe basabye ubufasha bwihuse, basaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kongera umutekano muri ako gace, ndetse n’imiryango itanga ubufasha bwihuse kugira ngo ibafashe kubona ibiribwa, aho kuba n’ubuvuzi.

 

Uhagarariye abimuwe yagize ati: “Twatawe uko turi. Turasaba kurindwa no gufashwa. Nta bufasha tubonye, ubuzima bwacu buri mu kaga”.

 

Ibi bitero bikomeje kuba kenshi muri aka gace bigaragaza intege nke z’abaturage bavuye mu byabo muri Kivu y’Amajyaruguru, aho umutekano mucye ukomeje kubashyira mu kaga, mu gihe bamaze imyaka myinshi bahura n’ingaruka z’intambara.

 

 

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *