Intambara y’ibitero hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yakomeje gufata indi ntera, aho ibihugu byombi byongeye kugabana ibitero ku munsi wa gatandatu wikurikiranya mu gihe bikomeje guhangana ku kugenzura inzira ya Hormuz ifite akamaro gakomeye mu bucuruzi bw’ingufu ku Isi.
Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (US Central Command – CENTCOM) bwatangaje ko ibitero byagabwe kuri Iran byari bigamije kugabanya ubushobozi bw’ingabo z’iki gihugu no guca intege ibikorwa byacyo bya gisirikare.
Amerika kandi yatangaje ko yafashe ubwato mu rwego rwo gukaza igenzura ku bikorwa by’ubwikorezi bukorerwa mu Nyanja ya Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cy’ibikomoka kuri peteroli bitwarwa ku Isi.
Ku rundi ruhande, Iran yavuze ko ibitero by’Amerika bitagarukiye ku birindiro bya gisirikare gusa, ahubwo byanibasiye ibikorwa remezo by’abaturage birimo ibiraro, gariyamoshi ndetse n’ikibuga cy’indege.
Itangazamakuru rya Leta ya Iran ryatangaje ko kimwe mu biraro byo mu Burengerazuba bwa Bandar Abbas, mu Ntara ya Hormozgan, cyagabweho igitero.
Iran kandi yavuze ko misile z’Abanyamerika zaguye hafi y’ikirwa cya Qeshm kiri hafi y’Inzira ya Hormuz, ndetse no mu mijyi ya Bandar Abbas na Bushehr ahari ibikorwa by’ingufu za nucleaire.
CENTCOM yo yavuze ko ibitero byayo byibasiye ahantu hakorerwa ibikorwa by’igisirikare birimo ibigo bishinzwe kurinda inkombe, uburyo bwo kurinda ikirere, ibikoresho by’ingabo ndetse n’ubushobozi bwa Iran mu gukoresha amato.
Iran na yo yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri Kuwait na Bahrain, nyuma yo gushinja Washington kwibasira ibikorwa bitandukanye birimo ikibuga cy’indege cya Iranshahr, gariyamoshi ya Bandar Khamir ndetse n’ibiraro bitanu byo mu mujyi w’icyambu.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Leta ya Iran, IRNA, cyatangaje ko abantu barindwi bahitanywe n’ibyo bitero, mu gihe impande zombi zikomeje kongera imbaraga mu mirwano ishobora kugira ingaruka ku mutekano wo mu karere no ku isoko ry’ingufu ku Isi.
Rwandatribune.rw