Igihe cy’imihango yo gukebwa gakondo (winter initiation season) muri Afurika y’Epfo cyongeye kurangira kibaye ishyano, nyuma y’uko umubare w’abahasize ubuzima ugeze ku basore 43.
Ibi byasize imiryango myinshi mu gahinda, bibaza impamvu abana babo batashye ari imirambo aho gutaha ari bazima.
Imibare yashyizwe ahagaragara igaragaza ko Intara ya Mpumalanga ari yo yagaragayemo abantu benshi bapfuye, aho hapfuye 18. Yakurikiwe n’Intara ya Eastern Cape yapfiriyemo 14. Hari kandi abandi bapfiriye mu ntara za North West, Limpopo, Gauteng na Free State.
Abayobozi bavuga ko iki kibazo gikomeje gufata indi ntera. Muri iki gihe cy’imihango, abasore 75 bajyanywe kwa muganga kugira ngo bitabweho, mu gihe 180 barokowe bakuwe mu bigo byakoraga ibikorwa byo gukebwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bwavumbuye amashuri 58 akora ibikorwa byo gukebwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, muri yo 42 ahita afungwa. Polisi na yo yatangaje ko yafunguye dosiye z’ibyaha 150 ndetse igata muri yombi abantu 40 bakekwaho uruhare muri ibi bikorwa.
Minisitiri ushinzwe Imiyoborere n’Imigenzo Gakondo, Velenkosini Hlabisa, yavuze ko uru rupfu rw’abasore rwashoboraga kwirindwa, asaba ababyeyi kujya bohereza abana babo gusa mu bigo byemewe n’amategeko kandi byanditswe mu buryo bwemewe.
Mu gihe iki gihe cy’imihango kirangiye cyongeye gusiga imiryango myinshi mu marira, Abanyafurika y’Epfo bakomeje gusaba leta gufatira ingamba zikomeye ibigo bikora ibikorwa byo gukebwa mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse no guhana abantu bose bagaragaza uburangare bukomeje gutwara ubuzima bw’urubyiruko.
Rwandatribune.rw