Ingaruka z’ibitero Iran yagabye ku butaka bwa Iraki ku wa Gatandatu zikomeje guteza impungenge, aho bamwe mu bayobozi bo muri Iraki bashinja Tehran gukoresha intwaro zibujijwe n’amategeko mpuzamahanga, zirimo amasasu arimo fosifore y’umweru.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ishyaka rya Freedom Party of Kurdistan, rivuga ko ibyo birego bishingiye ku isuzuma rya mbere ryakozwe ku bakomerekeye muri ibyo bitero no ku nkongi z’umuriro zikomeye zadutse nyuma y’ibisasu. Rivuga ko ibikomere byagaragaye ku bahuye n’ibyo bitero n’uko aharashwe hangiritse bifite ibimenyetso bishobora guhuzwa n’ikoreshwa ry’intwaro zotsa.
Iryo shyaka ryasabye Umuryango w’Abibumbye (Loni), imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’inzego mpuzamahanga zibifitiye ububasha gutangiza iperereza ryigenga no kohereza impuguke aho ibyo bitero byabereye kugira ngo hamenyekane niba koko hakoreshejwe intwaro zibujijwe.
Ryongeye gusaba ko, nibigaragara ko amategeko mpuzamahanga agenga intambara yararenzwe, abazabigiramo uruhare bazabiryozwa.
Icyakora, kugeza ubu nta perereza ryigenga riraremeza ibyo birego, kandi Iran ntiyaremera ko yakoresheje intwaro zirimo fosifore y’umweru. Ku bw’iyo mpamvu, ibyatangajwe n’iri shyaka biracyafatwa nk’ibirego bitaragenzurwa mu buryo bwigenga.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw