Monday, 27 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > UMUTEKANO > Nyuma y’Urupfu rw’Abasirikare Bayo, Amerika Mu Mugambi Wo Kurimbura Iran
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Nyuma y’Urupfu rw’Abasirikare Bayo, Amerika Mu Mugambi Wo Kurimbura Iran

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 20, 2026 8:02 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Amakuru akomeje guturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agaragaza ko iki gihugu kiri gutegura kongera ibikorwa bya gisirikare kuri Iran, nyuma y’uko abasirikare bane ba Amerika bishwe mu bitero byagabwe n’ingabo za Iran mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko Amerika iri kohereza izindi ndege z’intambara n’ibindi bikoresho bya gisirikare mu karere, mu rwego rwo kwitegura ibikorwa bishya bishobora kuba bikomeye kurushaho.

Raporo za Leta ya Amerika zemeza ko abasirikare bane bahitanywe n’ibitero bya Iran, mu gihe mu minsi ishize ibigo bya gisirikare bya Amerika byakomeje kugabwaho ibitero bya misile na drones. Ibyo bitero byakomerekeje abasirikare benshi ndetse binangiza kajugujugu nyinshi zo mu bwoko bwa Black Hawk.

Mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego hagati y’impande zombi, Pentagon iri kongera umubare w’indege za gisirikare zoherejwe mu Burasirazuba bwo Hagati kugira ngo yongere ubushobozi bwo guhangana na Iran.
Umwe mu bayobozi bakuru ba Amerika utifuje ko amazina ye atangazwa yabwiye The Washington Post ko igihugu kiri mu myiteguro y’ibikorwa bya gisirikare bikomeye.
Yagize ati: “Amerika iri kwitegura intambara karundura.”

Icyakora, uwo muyobozi yanagaragaje impungenge ko ububiko bwa misile n’ibikoresho byo kwirinda ibitero byo mu kirere buri kugabanuka cyane, kuko byinshi byamaze gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare byabanje.

Yavuze ati: “Ibikoresho bisigaye ntibihagije ngo dukomeze ibikorwa igihe kirekire, kandi sinkeka ko White House ibizi neza.”

Ku wa Gatanu, Axios yatangaje ko Amerika yamenyesheje Israel ko igiye kohereza izindi ndege zongera lisansi mu zindi ndege z’intambara, mu rwego rwo kwitegura ko ibikorwa byo kurwanya Iran bishobora kwagurwa.

Ku ruhande rwa Iran, impuguke mu by’umutekano Saeid Golkar yaburiye ko intambara ishobora gufata indi ntera ikomeye.

Yagize ati: “Ibintu birimo gukomera ku muvuduko mwinshi kandi bishobora kurenga ubushobozi bwo kubigenzura. Hari ibyago byo kwinjira mu ntambara yeruye kuko buri ruhande rugaragaza ubushake bwo gukomeza imirwano.”

Nubwo Amerika ikomeje kongera ingufu za gisirikare, isesengura rya CNN rigaragaza ko kugera ku ntsinzi ya gisirikare yuzuye kuri Iran bikiri urugendo rurerure.

Intambara hagati ya Amerika na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026, nyuma y’ibitero byatangijwe na Amerika ifatanyije na Israel.

Iyi ntambara yanagize ingaruka zikomeye ku bucuruzi mpuzamahanga, aho Iran yafunze inzira ya Hormuz, inyuramo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli bicuruzwa ku Isi buri munsi.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Impuguke zo mu Burusiya Zifite Impungenge ko Amerika Ishobora Gukoresha Intwaro za Kirimbuzi Mu Ntambara na Iran
Next Article Bill Gates Yunamiye Abazize Jenoside ku Gisozi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

POLITIKEAMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKEUMUTEKANO

Abasenateri Ba Amerika Basabye Ibisobanuro Ku Ruhare Rwa Washington Mu Kibazo cy’u Rwanda na RDC

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGA

Uruhinja Rwitabiriye Inama y’Abaminisitiri ba EU, Bitangaza Benshi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Congo: Kiliziya Gatolika n’Abalayiki Bashyize Igitutu ku Ivugururwa ry’Itegeko Nshinga

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?