Monday, 27 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Trump Yaburiye Iran Nyuma y’Ibitero By’Aba-Houthis ku Mato ya Saudi Arabia
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Trump Yaburiye Iran Nyuma y’Ibitero By’Aba-Houthis ku Mato ya Saudi Arabia

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 24, 2026 8:25 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Iran izabazwa ibitero byose by’aba-Houthis nibongera kwibasira amato y’ubucuruzi mu Nyanja Itukura (Red Sea), nyuma y’uko iri tsinda ryemeye ko ryagabye ibitero ku mato abiri ya Saudi Arabia.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social, Trump yavuze ko hashize umwaka Amerika igabye ibitero bikomeye ku ba-Houthis kubera kwibasira ubucuruzi bwo mu nyanja. Yongeyeho ko muri icyo gihe ndetse no mu ntambara yabaye hagati ya Amerika na Iran, aba-Houthis bari barahagaritse ibyo bitero, ariko ko ubu bongeye kubisubukura.

Trump yagize ati: “Nibongera kubikora, Amerika izafata Iran nk’ifite uruhare kuko aba-Houthis ari intumwa (proxy) zayo, kandi Iran ndetse n’aba-Houthis bazahanishwa ibihano bikomeye bya gisirikare.”

Iri tangazo rije nyuma y’uko aba-Houthis batangaje ko bateye amato abiri atwara peteroli ya Saudi Arabia, Encelia na Layla, bakoresheje missiles na drones. Ibyo bitero byatumye impungenge z’umutekano w’ubucuruzi bwo mu Nyanja Itukura ziyongera, ndetse n’ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga birazamuka bikarenga amadolari 100 ku ngobyi (barrel).

Reuters yatangaje ko ibi bitero bishobora gukomeza gukaza umurego w’intambara imaze iminsi hagati ya Amerika na Iran, mu gihe Washington ishinja Tehran gutera inkunga no guha intwaro aba-Houthis, nubwo Iran yakunze guhakana kugira uruhare rutaziguye muri bimwe mu bitero byabo.

Amagambo ya Trump yatumye impungenge z’uko hashobora kubaho indi ntambara yagutse mu Burasirazuba bwo Hagati ziyongera, mu gihe ubuhahirane mpuzamahanga bukomeje guhungabanywa n’umutekano muke mu nzira z’ingenzi zikoreshwa n’amato atwara ibikomoka kuri peteroli.

Mwizerwa Ally

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article America:Umupasiteri Yareze OpenAI Avuga ko Inama za ChatGPT Zashyize Ubuzima Bwe Mu Kaga
Next Article Guhanga Udushya mu Buhinzi n’Ubworozi ni yo Nzira yo Kongera Umusaruro – Dr. Ndabamenye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

MU MAHANGAAMAKURU

Ghana: Umwana w’Imyaka 3 Yarokowe Mu Masegonda Ya Nyuma Ngo Abure Ubuzima

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOMU MAHANGAPOLITIKE

Amerika na Iran Byageze ku Masezerano y’Agateganyo yo Kugarura Amahoro no Gukomeza Ibiganiro

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Amerika Yongeye Gutera Irani

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Washington:Jeffries Yanze Icyifuzo cyo Guhagarika Inkunga ya Amerika Ihabwa Israel

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?