Umwuka mubi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Irani wongeye gukaza umurego nyuma y’uko impande zombi zigabye ibitero bishya, mu gihe Tehran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi inyuramo igice kinini cya peteroli icuruzwa ku isi.
Amerika yavuze ko yagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare by’Irani nyuma yo gushinja Ingabo zirinda Impinduramatwara ya Kisilamu (IRGC) kugaba igitero ku bwato bw’ubucuruzi bwanyuraga muri Hormuz.
Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika muri aka karere (CENTCOM) bwatangaje ko ibyo bitero byibasiye ububiko bwa misile, ibirindiro by’amadrone, iminara y’itumanaho n’ibindi bikorwaremezo bya gisirikare.
Mu gusubiza, Irani yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz kugeza igihe hazafatirwa indi myanzuro, ishimangira ko izihimura ku gitero icyo ari cyo cyose Amerika yakongera kuyigabaho.
Abasesenguzi bavuga ko iki cyemezo gishobora guhungabanya isoko mpuzamahanga rya peteroli no gutuma ibiciro by’ingufu byiyongera ku rwego rw’isi.
Nyuma y’ibitero bya Amerika, IRGC yatangaje ko yagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Amerika kiri muri Yorodaniya, ivuga ko yibasiye ibikorwa bya gisirikare birimo ibikorwaremezo bifasha mu gukoresha drone.
Mu rwego rwo kwirinda ko umutekano wakomeza kuzamba, ibihugu byo mu Karere ka Golfe birimo Qatar, Bahrain, Kuwait n’Ubumwe bw’Abarabu (UAE) byatangaje ko byashyize imbaraga mu gukaza ubwirinzi bwo guhangana na misile na drone bikekwa ko bishobora guturuka muri Irani.
Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko Irani “yafashe icyemezo kigayitse kandi igomba kwemera ingaruka zacyo.”
Ku ruhande rwa Tehran, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohammad Bagher Ghalibaf, yatangaje ko “igihe cy’amasezerano ahesha inyungu uruhande rumwe gusa cyarangiye.”
Ibi bibaye mu gihe Umuyobozi Mukuru mushya wa Irani, Ayatollah Mojtaba Khamenei, aherutse kongera gushimangira ko igihugu cye kizihorera urupfu rwa se, Ayatollah Ali Khamenei, ibintu bikomeje kongera impungenge z’uko amakimbirane hagati ya Amerika na Irani ashobora gufata indi ntera.
rwandatribune.rw