Sunday, 26 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > UMUTEKANO > Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 26, 2026 8:33 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Jenerali Majoro Kasongo Mulumba Batoka Gaby, yatanze amabwiriza akakaye asaba ko hahagarikwa ibikorwa byose by’ubusambo, kwambura abaturage amafaranga no kubatoteza bikorerwa ku bariyeri zitandukanye zo muri iyo ntara.

Nk’uko byatangajwe na 7sur7.cd, ayo mabwiriza yashyizwe muri telegrame yihutirwa cyane, aho Guverineri yasabye abayobozi b’imitwe ya gisirikare bireba guhita bahagarika ibikorwa byose byo gutoteza abaturage bikorwa n’abasirikare bari mu nshingano zabo.

Yaburiye ko umusirikare cyangwa undi mukozi wa Leta uzafatwa yarenze kuri ayo mabwiriza azagezwa imbere y’ubutabera bwa gisirikare akurikiranweho kutubahiriza amabwiriza yahawe.

Guverineri Kasongo Mulumba yanategetse Umuyobozi w’Umujyi wa Bunia n’abayobozi b’uturere twose two muri Ituri kujya bagaragaza, bakandika kandi bagatanga raporo z’ibibazo byose by’ubusambo n’itotezwa bibera mu bice bayobora, kugira ngo bifashe mu iperereza no gukurikirana ababa babigizemo uruhare.

Ibi bibaye nyuma y’uko mu minsi ishize urubyiruko rwo mu gace ka Mahagi rwigaragambije rwamagana ishyirwaho ry’imbogamizi n’amabariyeri mashya yashyizweho na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda (PCR), bavuga ko yakoreshwaga mu kwaka abaturage amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abasesenguzi bavuga ko niba aya mabwiriza azashyirwa mu bikorwa uko yakabaye, ashobora kugabanya ibikorwa bimaze igihe biregwa bamwe mu basirikare n’abashinzwe umutekano, ndetse bikorohereza urujya n’uruza rw’abaturage n’ibicuruzwa mu Ntara ya Ituri.

Mwizerwa Ally

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
Next Article Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

MU MAHANGAAMAKURU

Abagore Bahinduye Amateka ya Odysseus: Ibanga Rikomeye Ryihishe muri Odyssey

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUUMUTEKANO

Kamonyi: Minibisi Yagonganye n’Ikamyo Ihitana Abantu 9, Abandi 12 Barakomereka

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGA

Ibihugu 10 Bifite Abagore Benshi Kurusha Abagabo ku Isi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Kigali Yinjiye Mu Ihuriro ry’Imijyi Ikomeye Yakira Inama ku Isi

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?