Imirwano ikomeye iravugwa mu gace ka Point Zéro, mu Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), hagati y’ingabo za Leta (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo n’umutwe wa AFC/M23.
Amakuru aturuka mu baturage bo muri ako gace avuga ko iyo mirwano yatangiye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, ikomeza kugeza mu masaha y’ijoro.
Abatanze ayo makuru bavuga ko AFC/M23 yasunitse inyuma ingabo za FARDC n’abo bafatanyije, ndetse ikagenzura umuhanda uhuza Point Zéro n’uduce twa Kanguli na Mulima.
Nubwo ayo makuru akomeje gukwirakwira, kugeza ubu nta ruhande rw’Ingabo za Leta ya Congo cyangwa ubuyobozi bwa AFC/M23 rurayemeza cyangwa ngo ruyahakane ku mugaragaro.
Fizi imaze ibyumweru irimo ibibazo by’itumanaho nyuma y’uko kuva ku wa 3 Nyakanga 2026 umuyoboro wa telefoni udakora muri byinshi mu bice byayo. Ibi bituma kugenzura amakuru ava ku rugamba no kuyemeza biba ikibazo gikomeye.
Mu gihe imirwano ikomeje, abaturage bo muri ako karere bakomeje guhangayikishwa n’umutekano, mu gihe hakomeje gutegerezwa amakuru yemejwe n’impande zombi ku cyerekezo cy’iyi mirwano.
Rwandatribune.rw