Umugabo wo mu Murenge wa Murama, Akarere ka Ngoma, yapfuye nyuma yo kunywa umuti gakondo bivugwa ko warimo amase y’imvubu, mu gihe umugore we bawunywanye arembeye mu Bitaro bya Kibungo.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Murama.
Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko aba bombi bari bagiye kwivuza ku muvuzi gakondo usanzwe utanga imiti itandukanye. Bivugwa ko yabahaye umuti yavuze ko ushobora kubafasha kuvura uburwayi bari bamaze igihe bafite, ndetse hakaba hari amakuru avuga ko wari urimo amase y’imvubu.
Nyuma yo kuwunywa, uwo mugabo yahise apfa, mu gihe umugore we yajyanywe kwa muganga amerewe nabi, aho akomeje kuvurirwa mu Bitaro bya Kibungo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mbabazi Kellen, yabwiye Ukweli Times ko ubuyobozi butazi uburwayi aba bombi bari bafite kuko bahisemo kwivuriza ku muvuzi gakondo.
Yavuze ko ubuyobozi bwatabajwe n’abaturage nyuma y’urupfu rw’uwo mugabo, mu gihe umugore we yari ameze nabi.
Yemeje ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye urwo rupfu.
Ibipimo byafashwe byoherejwe muri Laboratwari y’Igihugu ishinzwe ibimenyetso bya gihanga (RFI), ariko ibisubizo ntibiratangazwa.
Kugeza ubu, icyateye urwo rupfu ntikiramenyekana ku buryo bwemewe n’inzego zibishinzwe.
Nubwo abaturage bakeka ko rwaba rufitanye isano n’uwo muti gakondo banyoye, abayobozi basaba gutegereza ibyavuye mu iperereza mbere yo gufata umwanzuro.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw