Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye intumwa zaturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyobowe na Depite Brett Guthrie, Perezida wa Komisiyo ishinzwe Ingufu n’Ubucuruzi mu Nteko y’Abadepite.
Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ibiganiro byahuje Perezida Kagame n’iri tsinda byibanze ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda ndetse no ku buryo ibihugu byombi byarushaho gukomeza no kwagura ubufatanye mu nzego zirimo ubuvuzi, ingufu n’ishoramari.
Iri tsinda ryari rigizwe na Troy Carter, Morgan Griffith, Russ Fulcher, Jay Obernolte, Cliff Bentz, Craig Goldman na Julie Fedorchak.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisanzwe ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda, aho ibihugu byombi bifitanye imikoranire mu nzego zirimo ubuzima, uburezi, ingufu, ubucuruzi n’ishoramari.
Mu rwego rw’ingufu, muri Gicurasi 2026 u Rwanda rwasinye amasezerano na Amerika agamije guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire.
Icyo gihe kandi rwagiranye amasezerano n’Ikigo cya Holtec International cyo muri Amerika, kizobereye mu ikoranabuhanga rikoreshwa mu kubyaza amashanyarazi ingufu za nucléaire.
Iki kigo gikora Small Modular Reactors (SMR), kandi ni cyo kizafasha u Rwanda kubona izo mashini mu bwoko bwa SMR-300.
U Rwanda rufite intego y’uko uruganda rwa mbere rwa SMR ruzaba rutangiye gukora mu ntangiriro z’umwaka wa 2030.
Mu rwego rw’ubuzima, Amerika ikomeje gutera inkunga imishinga itandukanye ifasha guteza imbere serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.
Mu mpera za 2025, impande zombi zasinyanye amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka miliyoni 228 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari zisaga 330 z’amafaranga y’u Rwanda.
U Rwanda kandi rugaragaza ko ishoramari ry’Abanyamerika rikomeje kwiyongera, harimo ubufatanye bwa Trinity Metals n’ibigo byo muri Amerika mu kohereza amabuye y’agaciro ya Wolfram ku isoko ry’iki gihugu.
Raporo ya RDB y’ibikorwa byo mu 2024 yerekanye ko Amerika yashoye miliyoni 441,3 z’amadolari mu mishinga 31 ikorera mu Rwanda.
Muri uwo mwaka kandi, ubucuruzi bw’ibicuruzwa na serivisi hagati y’u Rwanda na Amerika bwageze kuri miliyoni 368,9 z’amadolari.
Muri ayo, ibicuruzwa byari bifite agaciro ka miliyoni 74,9 z’amadolari, mu gihe serivisi zageze kuri miliyoni 294 z’amadolari.
Rwandatribune.rw