Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ari gushyigikira igitekerezo cy’uko Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yaba Umunyamabanga Mukuru mushya w’Umuryango w’Abibumbye (Loni), asimbuye António Guterres uzarangiza manda ye mu mpera za 2026, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The New York Post.
Amakuru avuga ko Trump asanga Infantino afite uburambe bukomeye mu kuyobora umuryango mpuzamahanga ugizwe n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru arenga 200, bityo akaba yanashobora kuyobora Loni igizwe n’ibihugu 193. Abamushyigikiye bavuga ko ubushobozi bwe bwo guhuza ibihugu bitandukanye bwamugira umukandida ukwiriye.
Bivugwa kandi ko umubano wa Trump na Infantino warushijeho gukomera mu gihe cyo gutegura no kwakira Igikombe cy’Isi cya 2026, ari na byo byatumye Trump atangira kumubonamo umuntu wakongerera Loni imbaraga nshya.
Icyakora, kugeza ubu Gianni Infantino ntaratangaza ko yifuza uwo mwanya. Nanone, kugira ngo abe Umunyamabanga Mukuru wa Loni bisaba kubanza kwemezwa n’Inama y’Umutekano ya Loni, hanyuma agatorwa n’Inteko Rusange, bityo icyifuzo cya Trump cyonyine nticyaba gihagije ngo bimugire umuyobozi wa Loni.
Rwandatribune.rw