Friday, 3 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe
James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba
Vatican: Some Priests Excommunicated Over Rebellion Against the Pope
Vatican: Bamwe Mu Bapadiri Birukanwe Kubera Kwigomeka Kuri Papa
Drones Zigiye Guca Akajagari Ko Gutwika Imyanda Mu Rwanda
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > MU MAHANGA > Trump na Pezeshkian Basinye Amasezerano yo Guhagarika Intambara
MU MAHANGAUMUTEKANO

Trump na Pezeshkian Basinye Amasezerano yo Guhagarika Intambara

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 18, 2026 8:04 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, bashyize umukono ku masezerano y’agateganyo agamije guhagarika intambara yari imaze igihe ihanganishije ibihugu byombi n’abo bifatanyije.

Aya masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya nyuma yo gusinywa, akaba akubiyemo ingingo zirimo kongera gufungura umuhora wa Hormuz, washyiriweho ikigega cya miliyari 300 z’amadolari yo gufasha Iran kongera kubaka ibikorwa byangijwe n’intambara, ndetse n’isezeranwa ry’uko Amerika izakuraho ibihano byose yari yarafatiye Tehran.

Nubwo habaye intambwe ikomeye mu gushaka amahoro, ikibazo cya gahunda ya Iran ya nikleyeri, cyakunze kuba ishingiro ry’amakimbirane hagati y’impande zombi, ntikirakemuka.
Biteganyijwe ko kizaganirwaho mu biganiro bizamara nibura iminsi 60, bishobora no kongerwa igihe bibaye ngombwa.

Trump yashyize umukono kuri aya masezerano ari mu Bufaransa, aho yari yitabiriye inama y’ibihugu bikize kurusha ibindi ku isi ya G7.
Yavuze ko aya masezerano ashobora gutuma ubukungu bw’isi bwongera gutekana, ariko anaburira ko Amerika ishobora kongera gufata ingamba zikomeye mu gihe ibiganiro bya nyuma byananirana.

Ku ruhande rwa Iran, Perezida Pezeshkian na we yemeje ayo masezerano, nubwo bamwe mu bayobozi bakuru b’icyo gihugu bagaragaje ko bagifitiye amakenga Amerika.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko igihugu cye kizakomeza kwitegura kwirwanaho igihe cyose byaba ngombwa.

Iyi ntambara yatangiye nyuma y’ibitero bikomeye byagabwe kuri Iran, maze iza gukomeza gukaza umurego, ihungabanya isoko mpuzamahanga ry’ingufu. Gufungwa k’umuhora wa Hormuz, unyuramo hafi 20% by’ibitoro na gaze bikoreshwa ku isi, byatumye ibiciro by’ingufu bizamuka ku rwego mpuzamahanga.

Abasesenguzi bavuga ko aya masezerano ashobora kuba intambwe ya mbere iganisha ku ihagarikwa burundu ry’imirwano no kugarura ituze mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RNC Yirukanye Abayobozi Batatu Bakuru, Ivuga ko Batannye ku Mahame y’Ishyaka
Next Article Niger:André Ntagerura wahoze ari Minisitiri muri Leta ya Habyarimana yapfuye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Abiy Ahmed Yongeye Kwegukana Intsinzi Ikomeye mu Matora ya Ethiopia

By
ICYITEGETSE Florentine

Why Was President Ndayishimiye Not Invited to the G7 Summit While EAC President William Ruto Was Invited?

By
ALLY Ally
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Tshisekedi Yatangije RDC-Pass: Ese Umwirondoro wa Digitale Uzahindura Imikorere ya Leta muri RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine

Israel Refuses to Leave Lebanon: Are Trump’s Iran Peace Efforts Falling Apart Before They Begin?

By
ALLY Ally
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?