Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko impinduka ziherutse gukorwa mu mategeko agenga abakozi ba Leta zidasobanuye ko habayeho izamuka rusange ry’imishahara, ahubwo ko zari zigamije guhuza uburyo bwo kubara umushahara n’impinduka zakozwe ku misanzu y’ubwiteganyirize bwa pansiyo.
Ibi MIFOTRA yabigarutseho nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru yavugaga ko abayobozi n’abandi bakozi ba Leta bongerewe imishahara, ibintu byateje impaka n’ibitekerezo bitandukanye mu baturage.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Clément Kabiligi, yavuze ko ayo makuru atari ukuri, asobanura ko abantu benshi bitiranyije amategeko abiri atandukanye yasohotse mu bihe bya vuba.
Yavuze ko amategeko mashya atigeze ahindura uburyo imishahara igenwa cyangwa ngo yongere amafaranga abakozi ba Leta bahembwa buri kwezi. Ahubwo yasobanuye ko yahinduye imiterere y’ibice bigize umushahara kugira ngo bihuzwe n’izamuka ry’umusanzu w’ubwiteganyirize bwa pansiyo watangiye gukurikizwa kuva muri Mutarama 2025.
Kabiligi yagaragaje ko Leta yafashe icyemezo cyo kwishyura igice cy’inyongera ku musanzu wayo wa pansiyo, mu rwego rwo kurinda ko amafaranga umukozi atahana ku mushahara we agabanuka bitewe n’izamuka ry’uwo musanzu.
Yasobanuye kandi ko habaye impinduka ku ndamunite zitandukanye zirimo iz’icumbi, iz’urugendo n’izindi zigize umushahara, ariko ko ibyo bitavuze ko amafaranga yose umukozi ahembwa yiyongereye.
Yashimangiye ko amafaranga menshi abakozi bahembwaga mbere n’ayo bakomeza guhembwa ubu nta tandukaniro rikomeye ririmo.
MIFOTRA yanibukije ko inzego zifite sitati zihariye zikomeza kugena imishahara yazo hashingiwe ku mategeko azigenga, mu gihe izindi nzego za Leta zikurikiza imbonerahamwe y’imirimo n’imishahara yemezwa n’Inama y’Abaminisitiri.
Minisiteri kandi yatangaje ko kuri ubu u Rwanda rufite abakozi ba Leta bagera ku 180,000, nubwo uwo mubare ushobora guhinduka bitewe n’abakozi bakora ku masezerano y’igihe gito cyangwa ku mishinga yihariye.
MIFOTRA yasabye abaturage gukurikira amakuru atangwa n’inzego zibifitiye ububasha no kwirinda guha agaciro amakuru adafite ishingiro akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane ajyanye n’impinduka mu mishahara n’amategeko agenga abakozi ba Leta.
Rwandatribune.rw