Mu Karere ka Ngororero hakomeje ibikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge, aho mu Mirenge ya Kabaya na Gatumba hamenwe litiro 9,100 z’izi nzoga, mu gihe inganda ebyiri zakoreshwaga mu kuzitunganya zafunzwe.
Izi nzoga zamenwe ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, mu gikorwa cyabereye kuri site y’Umurenge wa Kabaya, nyuma yo gukusanywa mu bice bitandukanye by’iyi mirenge.
Muri litiro 9,100 zamenwe, litiro 6,363 zari inzoga gakondo, mu gihe izindi litiro 2,737 zari izakozwe mu nganda zafunzwe.
Mu nzoga zafashwe harimo izwi nka Ibyuma, Huguka, Gumamo n’Umurava, zari zarakwirakwijwe mu Mirenge ya Kabaya na Gatumba.
Uretse izi nzoga zamennye, abantu 27 bakekwaho kuzicuruza bafashwe, mu gihe inganda ebyiri zakoraga izi nzoga zitujuje ubuziranenge nazo zahagaritswe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwavuze ko kurwanya izi nzoga bigamije kurengera ubuzima bw’abaturage no gukumira ibibazo by’imibereho n’umutekano bikunze guterwa n’ubusinzi.
Abaturage bari bitabiriye igikorwa cyo kumena izi nzoga bagaragaje ko ubusinzi bwari bufite ingaruka ku miryango. Gatera yavuze ko izi nzoga zajyanaga n’ibibazo birimo urugomo, amakimbirane yo mu ngo, ubuharike, ubujura no gusesagura umutungo.
Mutabazi na we yavuze ko ubusinzi bugabanya ubushobozi bwo gukora, bityo bukagira ingaruka ku bukungu bw’umuryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe, wari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, SP Jean de Dieu Nsengayire, yasabye abaturage kugira uruhare mu kurwanya izi nzoga.
Nkusi yavuze ko inzoga zitujuje ubuziranenge zitera ibibazo birimo ubusinzi bukabije, urugomo, imirwano, ubujura n’indi myitwarire ishobora guhungabanya umutekano.
Yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bantu bagikora, babika cyangwa bacuruza izi nzoga, kugira ngo zose zikurwe mu baturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwashimangiye ko iki ari igikorwa kizakomeza, bugasaba abaturage gukomeza ubufatanye mu kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge no guteza imbere imiryango ibanye neza kandi itekanye.
Rwandatribune.rw