Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko wafashe uduce twa Nganja na Lulimba Bibwa muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, ndetse na Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X, abashyigikiye uyu mutwe bavuze ko ibyo bikorwa bya gisirikare byabaye nyuma y’uko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye (Loni) gafatiye ibihano Corneille Nangaa, umuhuzabikorwa wa politiki wa AFC/M23, ndetse n’abandi bantu n’imitwe bifitanye isano n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ubutumwa bwongeye buvuga ko ibyo bihano “bidashobora guhagarika ibikorwa bya AFC/M23 ku rugamba,” bugaragaza ko uyu mutwe ukomeje ibikorwa bya gisirikare nubwo hari igitutu mpuzamahanga.
Icyakora, kugeza ubu nta rwego rwigenga rwari rwemeje ko utu duce twafashwe nk’uko bivugwa na AFC/M23. Ku ruhande rwa Leta ya RDC n’Ingabo za FARDC na zo ntizari zatangaza icyo zivuga kuri ayo makuru.
Ibi bibaye mu gihe umutekano ukomeje kuzamba mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, aho imirwano hagati ya FARDC n’abarwanyi ba AFC/M23 ikomeje nubwo hari ibiganiro n’imbaraga za dipolomasi zigamije guhagarika imirwano.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw