
Bigirankana Aloys wamenyekanye muri Salus Populi,mu ndirimbo nasezeye ku Rukundo n’izindi ndirimbo zakunzwe yatabarutse
Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gtandatu nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Nyakwigendera Dogiteri Bigirankana Aloys wari umaze igihe kinini arwaye,ibi bibaye kandi nyuma y’igihe gito umufasha we nawe atabarutse.
Bgirankana Aloys yavukiye ahitwa i Rugendabari muri Burera ari na ho yize amashuri abanza, ayisumbuye ayiga i Gahini muri Kayonza, ahava yerekeza i Mburabuturo mu Ishuri rya Leta rya Kigali (Collège Officiel de Kigali, COK) mu ishami rya sayansi (imibare, ubumenyi, ubugenge n’ubutabire).
Wakwibaza uti ese ko mu yisumbuye yize ibya siyansi, yaje kuba umuganga ate?
Mu kiganiro yari aherutse yatanze muri Nyiringanzo ikiganiro gihita kuri Kt Radio , Dr Bigirankana yavuze ko papa we, ukinariho ndetse ku myaka 97, yifuzaga ko azaba umuganga, undi na we arabyubahiriza, arangije muri COK ajya kwiga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda (UNR), avuyeyo akora mu bitaro bikuru bya Kigali (CHK), nyuma aza kubona buruse ajya kwihugura muri Sénégal mu buvuzi bwo kubaga.
Umwuga w’ubuhanzi
Urugendo rw’ubuhanzi yarutangiriye mu ishuri rya COK ryayoborwaga n’Abasuwisi, bari bafite ibikoresho bya muzika na orchestre y’abanyeshuri. Hanyuma kubera ko ise yari yaramwigishije kuvuza inanga ya gakondo, aza kwiga gitari ageze mu ishuri.
Indirimbo ye ya mbere ‘Nasezeye ku rukundo’, yayihimbye acuranga muri orchestre ya COK, abantu bakajya bibaza niba ibyo yaririmbye ari inkuru y’impamo, ariko yavuze ko atari byo.
Nyakwigendera Bigirankana kandi azibukirwa k’umusanzu yatanze mu buvuzi aho yabaye muganga mu Bitaro bya Ruhengeri igihe kirekire,kandi amateka ye mu muziki ntazasibangana mu muziki wa Karahanyuze.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw