Col.Mayanda yiciwe mu mirwano ihanganishije FARDC na Twirwaneho I Minembwe
Umuyobozi w’agace k’imirwano ka Minembwe muri FARC Colonel Justin Mayanda yaguye mu mirwano kuri uyu wa kane mu mirwano yabereye i Minembwe, mu Ntara ya Sud-Kivu, mu burasirazuba bwa RDC.
Nk’uko amasoko ya Rwandatribune ari muri ako gace abitangaza, yemeje ko Colonel Justin Mayanda, umuyobozi w’ishami ry’ingabo za FARDC, yiciwe mu mirwano yari ihanganishije FARDC na Twirwaneho, Colonel Mayanda yishwe ari kumwe n’abandi basirikare barenga bane ba FARDC, nk’uko amakuru abivuga.
Hasize iminsi Imirwano imirwano ikomeye yadutse mu gace ka Minembwe aho ingabo za Leta FARDC ZIRI KUGERAGEZA kwisubiza ibice bya Minembwe zifatanyije n’ingabo z’uBurundi ariko umutwe wa TWIRWANEHO ukaba warabaye ibamba,muri iki gihe uyu mutwe ukaba ugenzura ibice byinshi bya Hauts-Plateaux de Minembwe.
Muri iki gihe kandi haravugwa n’ibitero by’indege zidafite abapilote (drones) bikomeje gukorwa n’ingabo za Leta ibi bitero bikaba bimaze gukura abturage mu byabo.
Twagerageje kuvugana n’uruhande rwa Twirwaneho kugirango ruduhamirize amakuru y’urupfu rwa Col.Mayanda, dushakisha Umuvugizi w’uyu mutwe Col.Kamasa Ndakize ntitwamubona kuri telephone ye ngendanywa kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru.
Mwizerwa Ally
Rwwandatribune.