Trump Yarokotse Amasasu Yamunyanyagijweho Muri White House 

Florentine Icyitegetse
3 Min Read

Mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, umugabo wari witwaje imbunda n’ibindi byuma bikomeye yagerageje kugaba igitero hafi y’ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, White House, mu gihe Perezida Donald Trump yari mu musangiro n’abanyamakuru n’abayobozi bakomeye.

 

Uyu mugabo yafunguye urufaya rw’amasasu, arasa umwe mu bashinzwe umutekano, ariko ku bw’amahirwe isasu rifatwa n’ikoti ridatoborwa n’amasasu yari yambaye ntiyamugiraho ingaruka.

Abandi bashinzwe umutekano bahise bitabara byihuse, bamugota banamuta muri yombi ataragera kure.

 

Amakuru yatangajwe na Associated Press agaragaza ko Perezida Trump nta kibazo cy’ubuzima yagize muri iki gitero.

Icyakora, abari bitabiriye uwo musangiro bahise bagira ubwoba bwinshi, bamwe bihisha munsi y’ameza nyuma yo kumva urusaku rw’amasasu hafi y’aho bari bari.

Hari n’abavuze ko bakekaga ko hari abantu benshi bitwaje intwaro bari bagabye igitero.

 

Hashize akanya gato, icyumba cyahise cyuzura abashinzwe umutekano batangira gukura abayobozi mu bwihutirwe babajyana ahantu hatekanye.

Uwashinzwe itangazamakuru muri White House yumvikanye asaba ko ibintu byategurwa bundi bushya kugira ngo gahunda ikomeze neza.

 

Polisi yemeje ko uwagabye iki gitero ari umugabo witwa Cole Tomas Allen w’imyaka 31, ukomoka mu gace ka Torrance muri Leta ya California.

Perezida Trump yamwise “umurwayi”, mu gihe inzego z’umutekano zatangaje ko ari we watangiye kurasa nta wundi bafatanyije.

 

Nyuma y’amasaha make, Trump yavuze ko ibimenyetso bihari bigaragaza ko uyu mugabo yakoze iki gikorwa wenyine, nta mutwe wihishe inyuma ye. Naho Meya wa Washington, Muriel Bowser, na we yemeje ko nta gihamya irerekana ko hari abandi bagize uruhare muri iki gitero.

 

Abari muri uwo musangiro bose bahise basohorwa barinzwe cyane, barimo Perezida Trump, Visi Perezida JD Vance, Minisitiri w’Ingabo Pete Hegseth n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio.

 

Iki gitero kibaye ku nshuro ya gatatu kuva mu 2024 habayeho ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano wa Perezida Trump. Yavuze ko hakenewe ingamba zikomeye zo kurushaho kurinda umutekano, ashimangira ko batazihanganira abagerageza guhungabanya ituze ry’igihugu.

 

Minisitiri w’Ubutabera w’agateganyo, Todd Blanche, yatangaje ko dosiye y’uregwa iri gutegurwa byihuse, kandi ko biteganyijwe ko azagezwa imbere y’ubutabera ku wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026.

 

 

 

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *