Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwemera gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi mu gihe impamvu rwazifashe zitarakemuka, ashimangira ko azakomeza kuvuganira umutekano n’inyungu z’igihugu igihe cyose azaba akiriho.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibiganiro n’abaturage, Kagame yavuze ko amahanga amwe akomeje gusaba u Rwanda gukuraho ingamba zafashwe ku mupaka na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ariko ntashyire mu gaciro impungenge z’umutekano Kigali imaze igihe igaragaza.
Yavuze ko ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC kidakwiye kureberwa ku ruhande rumwe, anenga ibyo yavuze ko ari ukubogamira kuri RDC aho gusuzuma impamvu zose zatumye ikibazo kibaho.
Aya magambo aje nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, aherutse gusaba u Rwanda gukura abasirikare barwo ku butaka bwa RDC, avuga ko ari imwe mu ntambwe zafasha mu gushaka amahoro arambye mu karere.
Abasesenguzi bavuga ko amagambo ya Perezida Kagame ashobora kuba ari igisubizo kuri uwo mwanzuro wa Washington, kuko u Rwanda rwakomeje kugaragaza ko ikibazo cy’umutekano warwo kidashobora gukemurwa hadakemuwe ikibazo cy’umutwe wa FDLR.
U Rwanda ruvuga ko FDLR igikomeje guteza umutekano muke ku Rwanda, bityo ko kurandura uwo mutwe ari byo bikwiye kubanza mbere yo gusaba u Rwanda gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko atazahwema kuvuganira umutekano w’igihugu, asoza agira ati: “Nzaceceka gusa ari uko napfuye,” amagambo yagaragajwe nk’ubutumwa bukomeye ku bakomeje gusaba u Rwanda guhindura uko rwitwara ku kibazo cy’umutekano mu karere.
Rwandatribune.rw