Tuesday, 25 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Urukingo rwa mRNA Rushobora Guhindura Ahazaza h’Ubuvuzi Bwa Kanseri
Kagame: Umupira w’u Rwanda ugomba kuva mu Kajagari
Kagame ku Bafunga Inganda z’Inzoga: “Abantu Barapfa, ese Turashaka Inganda Cyangwa Abakozi Bazikoramo Bagahitanwa n’Ibyo Bakora?”
Papa Léon XIV Yasabye Amahanga Kongera Imbaraga mu Kurwanya Ebola Muri RDC
Uganda n’u Burundi Byatangiye Ibiganiro ku Butumwa bw’Amahoro Muri Gaza
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > U Rwanda Rwongeye Kwakira Abasaba Ubuhungiro 177 Baturutse Muri Libya
AMAKURU

U Rwanda Rwongeye Kwakira Abasaba Ubuhungiro 177 Baturutse Muri Libya

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 6, 2026 10:55 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

U Rwanda rwakiriye abandi basaba ubuhungiro 177 baturutse muri Libya, mu gikorwa cyakozwe ku wa Gatatu tariki ya 5 Kanama 2026 ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR).

Ni itsinda rya 24 rigeze mu Rwanda kuva gahunda yo kwimura by’agateganyo impunzi zari zarafatiwe muri Libya yatangira gushyirwa mu bikorwa.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko iri tsinda rigizwe n’Abanya-Sudani 68, Abanya-Eritrea 66, Abanya-Ethiopia 15, Abanya-Sudani y’Epfo 26 ndetse n’Abanya-Somalia babiri.

Akimara kugera ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, aba basaba ubuhungiro bahise bajyanwa mu Kigo cya Gashora Transit Center giherereye mu Karere ka Bugesera, aho bazacumbikirwa by’agateganyo banahabwe ubufasha bw’ibanze.

Iyi gahunda yashyizweho mu 2019 ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda, UNHCR n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), igamije gutabara byihuse impunzi n’abimukira bahuye n’ibibazo bikomeye muri Libya.

Benshi muri bo baba baranyuze muri Libya bafite icyizere cyo kugera i Burayi, ariko bakahafatirwa mu bihe bigoranye birimo gufungwa, gukorerwa ihohoterwa no gucuruzwa nk’abacakara.

MINEMA ivuga ko kuva iyi gahunda yatangira, u Rwanda rumaze kwakira abantu barenga 3,000 bavanwe muri Libya, mu gihe 2,681 muri bo bamaze kubona ibisubizo birambye binyuze mu kwimurirwa mu bindi bihugu.

Muri abo bamaze kwimurwa harimo 927 bajyanywe muri Canada, 332 mu Bufaransa, 325 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 297 muri Sweden, 271 muri Finland, 229 muri Norway, 132 mu Budage, 94 mu Buholandi ndetse na 72 mu Bubiligi.

U Rwanda rukomeje kugaragaza uruhare rwarwo mu bikorwa byo gutabara impunzi no gutanga uburinzi ku bantu bari mu kaga, binyuze muri gahunda zifatanyijweho n’imiryango mpuzamahanga.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article AFC/M23 Yatangaje ko Yashyizeho Urwego Rushya Rushinzwe Ubutabera n’Uburenganzira Bwa Muntu Mu Bice Igenzura
Next Article RDC: Ikiganiro cy’Igihugu Gisangiwe Gikomeje Kudindira, mu Gihe Inzira yo Guhindura Itegeko Nshinga Irushaho Gufunguka
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Isesengura: Ni gute hakombaga  kurengerwa ubuzima bw’abaturage, ariko hakanabungabungwa ishoramari ryashowe mu nganda zenga Inzoga?

By
Mwizerwa Ally
AMAKURU

Intara y’Iburasirazuba: Abayobozi 100 Birukanwe Bazira Gukingira Ikibaba Abakora Inzoga Zitujuje Ubuziranenge

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Minembwe : Haravugwa Ubwiyongere bw’Abarwanyi ba AFC/M23‎‎

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Amerika Yongereye Indege Zitanga Lisansi Mu Kirere Cya Israel Mu Gihe Yo na Irani Bikomeje Gukara

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?