Friday, 31 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Nyambo Jesca Yasezeranye Mu Mategeko na Uwiragiye Richard Uba Muri Australia
Perezida Kagame Yagize Brig Gen Munyengango Umuyobozi Mukuru wa ATL
Perezida Kagame Yakiriye Intumwa z’Abadepite Bo Muri Amerika, Baganira ku Kwagura Ubufatanye
Minisitiri Habimana Yasabye Imbaraga Zihuriweho mu Huhangana n’Inzoga Zitujuje Ubuziranenge
Yolande Makolo: Amasezerano ya Washington Si Ugushyikirana Na FDLR
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Kigali Yabaye Kimwe Mu Bigo Amerika Izajya Itangirizamo Visa Muri Afurika
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Kigali Yabaye Kimwe Mu Bigo Amerika Izajya Itangirizamo Visa Muri Afurika

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 30, 2026 9:00 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko guhera ku wa 1 Kanama 2026 izatangira gushyira mu bikorwa gahunda nshya ivugurura uburyo visa zitangwamo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, bikazatuma serivisi zisanzwe zitangirwa muri ambasade na konsila nyinshi zihagarikwa.

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, iyi gahunda igamije kwimurira ibikorwa byo kwakira no gutunganya ubusabe bwa visa mu bigo 20 by’akarere biri mu bihugu 19 bya Afurika.

Afurika y’Epfo ni yo yonyine yahawe ibigo bibiri, biri i Cape Town n’i Johannesburg.

Muri ayo mavugurura, Kigali iri mu mijyi yatoranyijwe kuzajya yakira ikanatunganya ubusabe bwa visa z’abifuza kujya muri Amerika.

Indi mijyi yatoranyijwe harimo Nairobi, Kampala, Kinshasa, Addis Ababa, Dakar, Accra, Lagos, Abidjan n’indi.

Mu gihe hari ibigo bishya by’akarere bizakomeza gutanga serivisi, ambasade na konsila zirenga 25 zo mu bihugu bitandukanye bya Afurika zizahagarika ibikorwa byo gutanga visa. Mu bihugu birebwa n’iki cyemezo harimo u Burundi, Mali, Zambia, Zimbabwe, Botswana, Namibia, Mozambique, Gabon, Tchad, Niger, Burkina Faso na Mauritania.

Abantu bari basanzwe bafite gahunda yo kubazwa (interview) muri ambasade zizahagarika gutanga visa bazamenyeshwa aho gahunda zabo zizimurirwa, binyuze kuri email, hamwe n’andi mabwiriza mashya ajyanye n’ubusabe bwabo.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yanatangaje ko abamaze kwishyura amafaranga yo gusaba visa (MRV) bagomba kuba barafashe itariki yo kubazwa bitarenze ku wa 31 Nyakanga 2026, mbere y’uko gahunda nshya itangira gukurikizwa.

Aya mavugurura ari mu rwego rw’ingamba ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwashyizeho zigamije kugabanya umubare wa za ambasade na za konsila zitanga serivisi za visa ku isi, no guhuriza ibikorwa hamwe kugira ngo bikorwe neza kandi hakoreshwe umutungo n’abakozi mu buryo bunoze.

Nubwo serivisi zizajya zitangirwa mu bigo bike by’akarere, ubuyobozi bwa Amerika buvuga ko intego atari ukugabanya serivisi, ahubwo ari ukuzinoza no kuzitanga ku rwego rwisumbuyeho.

Icyakora, bamwe mu basaba visa bashobora kujya basabwa kujya kubarizwa mu bindi bihugu, harimo n’u Rwanda.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Senateri Mukabalisa Donatille Wari Perezida Wa PL Yapfuye
Next Article Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi akurikiranyweho guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

POLITIKEAMAKURU

U Rwanda na Afurika y’Epfo Bigiye Gukuriraho Visa Abaturage

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURU

“Bipfa Kuba Ari Umutekano w’U Rwanda Nzavuga” Perezida Kagame

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

RDC mu Bukangurambaga Bwa Dipolomasi Bwo Gushaka Umuti w’Ikibazo Cya FDLR

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Washington:Jeffries Yanze Icyifuzo cyo Guhagarika Inkunga ya Amerika Ihabwa Israel

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?