Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Cameroun, Théodore Datouo, ari mu bibazo bikomeye nyuma yo gushyira umukobwa we, Marlène Audrey Datouo Leussi, mu bagize ibiro bye nk’umukozi ushinzwe ubutumwa bwihariye (chargée de mission).
Iri shyirwaho ryateje impaka zikomeye mu gihugu, aho benshi bamushinja gukoresha ububasha bwe mu guha akazi uwo bafitanye isano ya hafi, ibintu bifatwa nka nepotisme (gutonesha abo mu muryango).
Ibi bibaye mu gihe Inteko Ishinga Amategeko ya Cameroon yitegura inama ikomeye izasuzumirwamo gahunda y’ubukungu n’ingengo y’imari y’igihugu y’igihe cya 2027–2029.
Kuva yatangira kuyobora Inteko muri Werurwe uyu mwaka, Théodore Datouo yari yaragaragaje isura y’umuyobozi ushaka impinduka.
Gusa, iki cyemezo cyo guha umukobwa we umwanya ukomeye mu biro bye cyatumye bamwe batangira kwibaza ku miyoborere ye, ndetse kigabanya icyizere yari amaze kubaka nk’umuyobozi uvugurura imikorere y’iki kigo.
rwandatribune.rw